• Imyidagaduro / ABAHANZI

Kate Bashabe yavuze ko nubwo hashize imyaka 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ibaye, uburibwe bugihari ku barokotse, ndetse n’imitima myinshi ikimenetse

Yabitangaje abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze mu gihe u Rwanda n’Isi batangiye Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi muri  1994.

Ati: “Nyuma y’imyaka 32, uburibwe buracyahari, guceceka biracyaremereye, turacyafite inzibutso mu mitima yacu. Duha icyubahiro ubuzima bwatwawe, imiryango yasenyutse n’imbaraga z’abo bahisemo kongera guhagarara bagakomera. Duhagaze mu kuri, icyubahiro no kwibuka.”

Yakomeje yamagana abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ashimangira ko badakwiye guhabwa umwanya.

Ati: “Twamaganye abo bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Kate Bashabe yongeyeho ko kubabarira ku barokotse ari ubutwari bukomeye cyane, kuko benshi babuze imiryango yabo ariko bagahitamo inzira y’ubwiyunge.

Ati: “Abo babuze imiryango yabo, bahorana uburibwe umunsi ku munsi ariko bakaba barahisemo kubabarira, imbaraga zanyu zirenze amagambo. Kwihangana kwanyu ni urumuri mu mateka y’umwijima wacu.”

Yasoje ubutumwa bwe agaragaza akamaro ko kwibuka, avuga ko ari inzira yo kurinda amateka no guharanira ko Jenoside itazongera kubaho.

Ati: “Twibuka kugira ngo amateka atazongera kubaho. Twibuka kugira ngo abahakana batagira umwanya muri twe. Twibuka kugira ngo ‘Ntibizongere Ukundi’ ibe isezerano turinda.”

Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahitanye ubuzima bw’abarenga miliyoni mu minsi 100 gusa, bazira uko bavutse.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments