Umuhanzi Norbert Rusanganwa wamenyekanye nka Kenny Sol yasabye Urubyiruko n’abanyarwanda muri rusange kwamagana umuntu wese ufite ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 igatwara ubuzima bwabarenga miliyoni bazira uko bavutse .
Uyu muhanzi
yabitanganje mu gihe Abanyarwanda n’Isi yose
bibuka ku nshuro ya 32
Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 ,aho yahishuye yasize ibikomeee byinshi mu mitima ya benshi kugeza
nubu nubwo abanyarwanda ubu biyubatse .
Yagize ati” Rubyiruko mwirinda ikintu cyose cyabashora
mu nzangano n’ivangura kuko
bishobora gutuma haba ibikorwa bibi
byatwata ubuzima bwa bamwe ,abasaba ko bakoresha ingufu zabo zishoboka ku buryo amahano yabaye hano mu Rwanda
atazasubira ukundi
Ibi Kenny Sol yabitangaje mu butumwa yageneye
Abanyarwanda cyane cyane urubyiruko ko
muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside yakrewe Abatutsi ku nshuro ya 32
Yagize ati”
rubyiruko mukwiye kwitandukanya n’imyumvire ifata Jenoside yakorewe Abatutsi
nk’amateka ya kera cyangwa nk’umugani, ashimangira ko ari amateka akwiye
kwigwaho no kubakirwaho ejo hazaza heza.
Yagize ati:
“Ubutumwa naha urubyiruko rugenzi rwanjye ni uko Jenoside yakorewe Abatutsi mu
1994, tutagomba kuyifata nka kera habayeho cyangwa se nk’umugani, ahubwo
amateka yacu atubere urumuri rutumurikira urukundo no guhagurukira hamwe
tugahangana n’abapfobya cyangwa se n’icyatuma inzira y’umumwijima twaciyemo
twongera kuyicamo ukundi.”
Uyu muhanzi
wamamaye mu njyana ya R&B, yakomeje agaragaza ko urubyiruko rufite inshingano
ikomeye mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, kuko ari rwo mbaraga
z’igihugu z’ejo hazaza.
Yagize ati:
“Twe nk’urubyiruko ni uguhagurukira hamwe tukamagana abashaka guhakana cyangwa
gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi n’abashaka kuyiha izindi nyito, ni twe
mbaraga z’ejo hazaza, twubake u Rwanda rwiza ruzira ingengabitekerezo
n’amacakubiri."
Kenny Sol
yasoje asaba urubyiruko kurangwa n’urukundo, ubumwe n’ubwiyunge, agaragaza ko
ari byo bizafasha kubaka igihugu gikomeye kandi kirangwa n’amahoro arambye.
Like This Post? Related Posts