• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umunyamakuru Gloria Mukamabano wahoze akora kuri Televiziyo y’u Rwanda yandikiye ibaruwa Se wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abinyujije kuri konti ye ya Instagram, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 10 Mata 2026, Gloria Mukamabano yasangije ku mbuga nkoranyambaga ibaruwa yandikiye Se Kabano wishwe mu 1994.

Muri iyo baruwa yagize ati “Data hashize imyaka 32, ariko tugukumbura buri munsi. Narakuze, ubu mfite abana. Nari kwishimira kukubona ukunda abuzukuru.

Uyu mwaka ,nabwiye mama nti “ Data yari guterwa ishema nawe Waratsinze, twarakuze.”

Gloria yakomeje abwira Se ko u Rwanda kuri ubu rwahindutse rukaba ari igihugu kirangwa n’ubumwe

Ati “ U Rwanda wari uzi rwarahindutse, ubu ni Igihugu cyunze ubumwe gitera imbere.

Turibuka. Ndagukunda Data”

Gloria Mukamabano w’imyaka 34 y’amavuko ni umwe mu banyamakurukazi bagize amazina aremereye mu Rwanda.

Uyu mubyeyi w’abana babiri yakoreye ibitangazamakuru binyuranye birimo: Tv10, Royal TV ndetse na RBA yakoreye imyaka igera ku icumi agasezera muri Gashyantare 2026.

Kuri uyu munsi Gloria amaze iminsi yimukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yasanze umuryango we.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments