Abantu 26 bo mu Karere ka Ngoma bakubiswe n’inkuba, umwe ahita yitaba Imana mu gihe abandi bajyanywe kwa muganga barimo kwitabwaho n’abaganga.
Iyi nkuba yakubise ahagana Saa Tanu zo kuri
uyu wa 13 Mata 2026, mu Kagari ka Cyarwa, Umurenge wa Gashanda, aho aba baturage bari
bari mu mirima y’umuceri mu gishanga.
Umunyamabanga
Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashanda, Ngenda Mathias, yavuze ko iyi nkuba yakubise
abaturage ubwo bari bagiye kwikinga imvura mu nzu ikoreshwa nk’ububiko.
Ati: “Abantu 26 bose ni bo bakubiswe n’inkuba, umwe ahita apfa. Abandi
twabajyanye kwa muganga, bamwe ku kigo nderabuzima cya Gashanda abandi ku
bitaro bya Kibungo.”
Abantu batatu bajyanywe ku
Kigo Nderabuzima cya Gashanda, mu gihe 22 bajyanywe ku bitaro bya Kibungo
kugira ngo bitabweho byihuse.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa
Gashanda bwatangaje ko bukomeje gukurikirana ubuzima bw’abakomeretse no gufasha
imiryango yahuye n’iki kibazo.
Bwongeye kwibutsa
abaturage kwitwararika mu bihe by’imvura, birinda kwikinga ahantu hashobora
kubashyira mu kaga, cyane cyane mu bishanga no mu nyubako zidafite ubwirinzi
buhagije.
Si ubwa mbere inkuba iteje impanuka zikomeye muri aka
karere, kuko no ku wa 4 Mutarama 2026 mu Murenge wa Jarama, inkuba yakubise
abantu 15, icyenda bahita bitaba Imana.