Uwahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Ubutasi muri Brésil, Alexandre Ramagem, yatawe muri yombi n’Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (ICE), ku wa 13 Mata 2026.
ICE yatangaje ko yamufatiye ku butaka bwa Leta zunze ubumwe za Amerika,
nyuma y’uko yari yarahungiye muri iki gihugu avuye muri Brazil, aho akurikiranyweho uruhare mu mugambi wo
guhirika ubutegetsi.
Ramagem ashinjwa kuba yarakoranye n’uwahoze ari Perezida wa
Brésil, Jair Bolsonaro, mu mugambi wapfubye wo
guhirika ubutegetsi bwa Luiz Inácio Lula da Silva,
watsinze amatora yo mu 2022.
Ku bw’ibi byaha, Ramagem yakatiwe igifungo cy’imyaka 16 n’inkiko
zo muri Brésil, ari na byo byatumye igihugu cye gikomeza gusaba ko yasubizwayo
kugira ngo aryozwe ibyo yakoze.
Nubwo impamvu nyirizina yo gufatwa kwe itaratangazwa mu buryo
bwemewe, umwe mu nshuti za Bolsonaro uba muri Amerika, Paulo Figueiredo, yavuze ko ashobora kuba yafashwe
azira kutubahiriza amategeko y’umuhanda.
Iki kibazo kije mu gihe n’uwahoze ayobora Brésil, Bolsonaro, na we
yakatiwe igifungo cy’imyaka 27 n’amezi atatu muri Nzeri 2025, ahamijwe ibyaha
bifitanye isano no kugerageza guhirika ubutegetsi.
Ibi byose bikomeje gukurura impaka ku rwego mpuzamahanga, aho
bamwe mu bayobozi barimo Donald Trump bagaragaje
kutishimira uko Bolsonaro yakurikiranywe, bikagira ingaruka no ku mubano
w’ubucuruzi hagati ya Amerika na Brésil.