Ku gicamunsi
cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 13 Mata, Papa Leo XIV yasuye Bab El Oued, mu ntara
ya Alger, aho yagiye ku kigo cy’Ababikira b’Abamisiyoneri b’Abanya-Augustini
giherereye i Bab El Oued.
Uru
ruzinduko rwari rugamije guha icyubahiro abihayimana b’Abagustini bishwe ku wa
23 Ukwakira 1994, mu gihe cya politiki n’umutekano muke byaranze Algeria.
Mu ijambo
yagejeje ku bari aho, Pope Leo XIV yashimangiye akamaro k’iki gikorwa, agira
ati:“Uku kuhaba kwanyu bifite igisobanuro gikomeye cyane.”
Yakomeje
yibutsa inyigisho za Saint Augustine, avuga ko zishishikariza abantu kubaha
agaciro ka buri muntu no gushyira imbere itandukaniro ribahuza aho kubatanya.
Ubutumwa bwe
bwibanze ku gukomeza kwimakaza amahoro, ubworoherane no kubana mu bwubahane,
cyane cyane mu bihugu byahuye n’amakimbirane akomeye mu mateka yabyo.
Si ubwa
mbere yari ahasuye, kuko yahageze inshuro ebyiri mbere mu 2004 no mu 2009,
igihe yari umuyobozi mukuru w’umuryango wa Order of Saint Augustine.
Abihayimana bavuga ko bamwibuka nk’umuntu wicisha bugufi, uvuga gake ariko
wegereye cyane abo babana.
Uru
ruzinduko rwari rugamije guha icyubahiro Sœur Esther Paniagua na Sœur Caridad
Álvarez Martín Alonso, bishwe ku wa 23 Ukwakira 1994 mu gihe cy’intambara yo mu
gihugu cya Algeria, ubwo bari bagiye mu misa. Aba bihayimana bari mu bagize
itsinda ry’abamaritiri 19 ba Algérie, bashyizwe mu rwego rw’abatagatifu
(béatifiés) ku wa 8 Gicurasi 2018 i Oran, ku Sanctuaire de Notre-Dame de Santa
Cruz.
Ikigo cya
Bab El Oued, gitegurirwamo ibikorwa byinshi birimo gufasha abana, urubyiruko
n’abakuze, ndetse no kwigisha abagore ubudozi, ubukorikori n’ibindi bikorwa
bibateza imbere, abihayimana batandatu baturutse mu miryango ibiri yo muri
Alger—iy’i Notre-Dame d’Afrique n’iy’i Dar El Beïda—bahuriye hamwe kugira ngo
bakire Papa.
Nyuma
y’isengesho rihuriweho n’abo bihayimana no kumva ubutumwa bwa Sœur Lourdes
Miguélez, mugenzi w’abishwe, Papa Leo XIV yagejeje ijambo ku bari aho, yibutsa
amateka y’abishwe n’abandi bose bitangiye ukwemera.
Yagize ati: “Aba
maritiri 19 ni ikimenyetso cy’agaciro gakomeye kuri iki gihugu, batwigisha icyo
ubuzima bwo kwiha Imana bugomba kuba cyo: gutanga ubuhamya, nubwo byagera no ku
bwitange bukomeye.”
Yanagaragaje
ko kuba abo bihayimana bari muri Algérie ari “ubutunzi bukomeye kuri iki
gihugu”, kuko batanga urugero rw’urukundo n’ubwitange.
Mu biganiro
yagiranye n’abihayimana, Papa Leo XIV yashimangiye inyigisho za Saint Augustine,
avuga ko ari impano ikomeye kuri aka karere.
Yagize ati: “Ni
ngombwa guteza imbere kubaha agaciro ka buri muntu no kubana mu mahoro, twubaha
itandukaniro riri hagati yacu.”
Yakomeje
ashimira abo bihayimana ku murimo bakora, abashishikariza gukomeza inzira
y’urukundo, ubwitange n’ubumwe.
Yanibukije
ko umunsi mukuru wo kwibuka abo maritiri 19 uzizihizwa ku wa 8 Gicurasi, umunsi
uhurirana n’uwo yatorewe kuba Papa.
Uru ruzinduko rwari rumwe mu bikorwa by’ingenzi bigize urugendo rwa Papa Leo XIV muri Afurika, aho akomeje gutanga ubutumwa bwo kwibuka amateka, kubabarira no kubaka ejo hazaza harangwa n’ubumwe n’icyizere.