• Imikino / FOOTBALL

Komite Nyobozi y’Ihuriro ry’Abafana b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yahagaritse mu nshingano Muhawenimana Claude wari umuyobozi waryo, akurikiranyweho kunyereza Miliyoni  eshatu  z’amafaranga y’u Rwanda zari zigenewe abafana mu gihe cy’imikino ya FIFA Series 2026.

Amakuru y’ihagarikwa rya Muhawenimana Claude yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 14 Mata 2026 aho amakuru dukesha UMUSEKE avuga ko Muhawenimana Claude yamaze kwandikirwa na Komite Nyobozi ihagarariye abafana b’Amavubi ku rwego rw’Igihugu, amenyeshwa ko ahagaritswe by’agateganyo ku nshingano zo kubabera Perezida.

Uretse kumenyeshwa ko yahagaritswe, abagize iyi komite bamaze kwandikira kandi ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, babumenyesha ko Muhawenimana Claude atakiri umuyobozi w’abafana b’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi.

Binyuze mu nama eshatu zakozwe na Komite Nyobozi y’Ihuriro ry’Abafana b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, tariki ya 04, 09 n’iya 12 Mata 2026, Muhawenimana Claude yatumijweho ngo atange ibisobanuro ku myitwarire ye ariko izo nama zose ntiyitaba.

Nyuma yo gukora izi nama zose, Komite Nyobozi yafashe imyanzuro maze iyishyikiriza FERWAFA ndetse iri Shyirahamwe ryemeza ko ryayakiriye.

Amakuru kandi avuga ko nyuma yo guhagarika Claude kuri izi nshingano, imyanzuro yahawe Umuhesha w’Inkiko kugira ngo ayimugezeho ndetse ayimugezaho biciye ku muyoboro wa WhatsApp tariki ya 10 Mata 2026.

Intandaro yo guharika Muhawenimana Claude , bivugwa ko ari amafaranga angana na miliyoni eshatu, 3,000,000 Frw yagenewe abafana b’Amavubi mu mikino ya FIFA Series 2026 ariko ntabagereho ndetse ntanace kuri Konti za Fan-club y’Amavubi nk’uko byagakwiye kuba bikorwa.

Abasinye ku myanzuro ihagarika Muhawenimana Claude , ni Anita Kivuye usanzwe ari Visi Perezida we, Minani Hemedi Ushinzwe Ubukangurambaga, Bayingana Innocent usanzwe ari Umubitsi, CIP [Rtd] Kayitana Vincent Ushinzwe Umutekano na Vandamme Watchuma Ushinzwe ibikoresho by’iyi Fan-club [Logistique].

Ibindi Claude aregwa n’abo bakorana, birimo kujya muri FERWAFA kubahagararira ariko akagenda mu izina rye aho kugenda mu izina ry’abafana b’Amavubi ndetse mu gihe asabwe ahacishwa ubufasha bw’abo bafana, agatanga ibye [Emails na Konti za Banki].

Mu kiganiro yahaye UMUSEKE Claude yigaramye ibyo ashinjwa n’abo bayoborana avuga ko nta bubasha babifitiye.

Uretse kuba ari we muyobozi w’abafana b’Amavubi ku rwego rw’Igihugu, ni na we uyobora aba Rayon Sports ku rwego rw’Igihugu.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments