• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Papa Léon XIV yageze i Alger ku wa Mbere tariki ya 13 Mata, mu ruzinduko rwe rwa mbere rw’ivugabutumwa ku mugabane wa Afurika, akaba ari na rwo rurerure kuva yatangira ubupapa bwe. Nyuma y’imihango yo kumwakira, gusura urwibutso rw’abahitanywe n’intambara rwa Maqam Rchahid ndetse no kugirana ibiganiro na Perezida Abdelmadjid Tebboune, yahuriye n’abayobozi, sosiyete sivile n’abadipolomate mu kigo cy’inama cya “Djamaa El Djazair”, aho abantu bagera ku 1,400 bari bahari.

Mu ijambo rye, Papa yavuze ko yishimiye kongera kugaruka muri Algérie, aho yari yarigeze gusura mbere akiri umuyobozi w’Abanya-Augustini. Yagize ati:
“Naje iwanyu ndi umusuhuke w’amahoro, nshaka guhura n’abaturage ba Algérie. Twese turi abavandimwe kuko dufite Data umwe uri mu ijuru.”

Yasabye abantu kurenga amakimbirane no kongera kuganira, ashimangira ko isi ikeneye ubumwe n’ubwumvikane.

Papa Léon XIV yashimye cyane indangagaciro z’Abanya-Algeria zirimo ubufatanye n’ubwakiranyi. Yavuze ko abaturage bafite umutima mwiza wo gufashanya, haba ku benegihugu ndetse no ku banyamahanga.

Yanagarutse ku muco wa “sadaka” (gutanga), avuga ko gusaranganya ibyo umuntu afite ari ikibazo cy’ubutabera, anenga abakusanya umutungo bagasigara batita ku bandi.

Papa yanenze ibihugu n’imiryango ikomeje kurenga ku mategeko mpuzamahanga, anavuga ku byo yise “ibigeragezo bishya by’ubukoloni”. Yasabye ibihugu gukorana no gufashanya mu kubaka isi irangwa n’ubutabera n’ubwuzuzanye.

Yagize ati: “Ntabwo isi izahinduka neza mu kongera amakimbirane, ahubwo ni mu kubaha agaciro ka muntu no kwita ku mibabaro y’abandi.”

Mu butumwa bwe, Papa yasabye abayobozi gukorera inyungu z’abaturage aho kubategeka. Yashimangiye ko imbaraga z’igihugu zishingira ku bufatanye bw’abaturage bose mu guteza imbere inyungu rusange.

Yanagarutse cyane ku ruhare rw’urubyiruko, arushishikariza kuba isoko y’impinduka n’icyizere cy’ejo hazaza.

Papa yavuze ko inyanja ya Méditerranée n’ubutayu bwa Sahara ari ahantu h’ingenzi ku isi, asaba ko bidahinduka “irimbi” ahubwo bikaba ahantu ho kubaka amahoro n’ubuzima.

Yamaganye abungukira mu mibabaro y’abandi, anasaba ko hashyirwaho ingamba zo kurwanya impamvu zitera kwiheba n’ibibazo byugarije abantu.

Mu gusoza, Papa Léon XIV yahamagariye abantu kwigishwa umuco wo gutekereza neza, kuganira no kwakira abo batandukanye nabo.

Yagize ati:
“Dukwiye gukora ibishoboka byose kugira ngo twiyunge n’abari abanzi bacu, twubake ejo hazaza heza dusangiye.”

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments