Niyigaba
Clement wamenyekanye mu myidagaduro y’u Rwanda nka DC Clement nyuma y’igihe
akurikiranyweho, agiye kugezwa imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ku wa 20
Mata 2026.
Amakuru
amakuru atugeraho ni uko DC Clement ategerejwe kwitaba Urukiko akaburana ku
ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ku Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ku wa 20 Mata
2026.
Ku wa 8 Mata
2026 ni bwo dosiye ya Niyigaba Clement wamamaye nka DC Clement yashyikirijwe
Ubushinjacyaha, ku ikubitiro akaba yararezwe ibyaha bitanu nubwo hari ibindi
RIB yavugaga ko bagikoraho iperereza.
Ibyaha DC
Clement akurikiranyweho birimo icyo kwangiza ikintu cy’undi kubw’inabi, icyo
guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, icyo kurwanya ububasha
bw’amategeko, icyo gukoza isoni abayobozi b’igihugu n’abashinzwe imirimo
rusange n’icyo gukubita cyangwa kugirira urugomo abayobozi mu nzego za Leta.
DC Clement
yatawe muri yombi ku wa 31 Werurwe 2026 ahita ajya gucumbikirwa kuri sitasiyo
ya RIB ya Jabana mbere y’uko yimurirwa kuri sitasiyo ya RIB ya Rusororo.
Like This Post? Related Posts