• Amakuru / MU-RWANDA


Mu gihe u Rwanda rukomeje gutera intambwe igaragara mu kubaka inzego zikomeye zishingiye ku bumenyi n’ubunyamwuga, hashyizweho Kaminuza ya Gisirikare y’u Rwanda, ikigo cyitezweho kuba inkingi ikomeye mu gutyaza ubuhanga, ubumenyi n’imiyoborere mu bya gisirikare n’umutekano.

Iyi kaminuza yashyizweho n’iteka ryatangajwe mu Igazeti ya Leta yo ku wa 10 Mata 2026, ifite intego yo guhuriza hamwe amashuri n’ibigo bitandukanye byigisha amasomo ya gisirikare, umutekano n’ubuyobozi, byose bikazakorera hamwe mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi no gutanga ubumenyi bujyanye n’ibihe. Icyicaro cyayo kizaba kiri i Kigali, umujyi uri ku isonga mu iterambere ry’igihugu.

Ku rwego rwo hejuru rw’imiyoborere, iyi kaminuza izaba iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, uzaba ari Umuyobozi Mukuru (Chancellor). Nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, azaba ashinzwe gutanga icyerekezo rusange, kuyobora mu buryo bw’icyubahiro ibikorwa bikomeye bya kaminuza, no kurinda ko intego zayo zigerwaho mu buryo bunoze. Azajya kandi ayobora ibirori byo gutanga impamyabumenyi, cyangwa agashyiraho umuhagarariye.

Nubwo ibikorwa byayo bitaratangira ku mugaragaro, iyi kaminuza izaba ifite inshingano zikomeye zirimo kwigisha abasirikare ku nzego zitandukanye, abashinzwe umutekano, abayobozi bakuru mu nzego za Leta, ndetse n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga. Izaba itanga amasomo ajyanye n’igihe, ashingiye ku bushakashatsi n’udushya, agamije guteza imbere ubushobozi bwo guhangana n’ibibazo by’umutekano mu karere no ku rwego mpuzamahanga.

Imiyoborere yayo izashingira ku Nama y’Ubutegetsi igizwe n’abantu 13 bafite ubunararibonye n’ubushobozi mu nzego zitandukanye zirimo umutekano, amashuri makuru, ubushakashatsi n’iterambere ry’igihugu. Muri aba, barindwi bazashyirwaho n’Iteka rya Perezida, barimo Perezida w’Inama n’Umwungirije we.

Abandi bazayigize harimo Umuyobozi wa National Defence College-Rwanda, uhagarariye abarimu n’abashakashatsi uzatorwa na bagenzi be, umwe mu bayobozi b’amashami (Dean) uzatorwa, umuyobozi ushinzwe ireme ry’uburezi muri kaminuza, ndetse n’uhagarariye abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru ry’Ingabo. Ibi bigamije gutuma ibyemezo bifatwa bishingiye ku bitekerezo bitandukanye kandi bifite ireme.

Mu rwego rwo kwimakaza uburinganire n’uruhare rw’umugore mu miyoborere, byateganyijwe ko nibura 30% by’abagize iyi nama bagomba kuba ari abagore. Abagize Inama y’Ubutegetsi bazajya bamara imyaka ine ku mirimo yabo, ishobora kongerwa inshuro imwe.

Inshingano z’iyi nama zirimo gushyiraho icyerekezo cya kaminuza, kwemeza politiki n’ingamba, kwemeza igenamigambi rya buri mwaka n’iry’igihe kirekire, kugenzura imikoreshereze y’ingengo y’imari, no gukurikirana ireme ry’uburezi n’imikorere muri rusange. Ni urwego ruzaba ari inkingi y’ubuyobozi n’ubunyamwuga muri iyi kaminuza.

Ku rwego rw’imikorere ya buri munsi, hazaba Urwego Nshingwabikorwa ruyobowe na Vice-Chancellor, uzafashwa n’abamwungirije babiri: umwe ushinzwe amasomo n’ubushakashatsi, undi ushinzwe igenamigambi, imiyoborere n’imari. Aba bayobozi bose bazashyirwaho n’Iteka rya Perezida, bakamara imyaka itanu ku mirimo yabo.

Byongeye kandi, iyi kaminuza izaba ifite izindi nzego zirimo Chancellery, Sena y’Amashuri ishinzwe ibijyanye n’amasomo n’ubushakashatsi, ndetse na Komite y’Abayobozi Bakuru izafasha mu gufata ibyemezo byihuse no gukurikirana ibikorwa bya buri munsi.

Ishyirwaho ry’iyi kaminuza ni intambwe ikomeye mu kubaka u Rwanda rufite ubushobozi buhanitse mu bijyanye n’umutekano n’uburezi bwa gisirikare. Ni ikimenyetso cy’ubuyobozi bufite icyerekezo, bwiyemeje gushora imari mu bumenyi, mu bushakashatsi no mu guteza imbere abayobozi b’ejo hazaza.

Iyi kaminuza izaba urumuri rumurikira igihugu n’akarere, itanga icyizere cy’ejo hazaza harangwa n’umutekano usesuye, ubumenyi buhamye n’imiyoborere myiza.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments