• Amakuru / MU-RWANDA


Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yahaye imbabazi abantu batanu bari barakatiwe n’inkiko ku byaha bitandukanye, barimo Brigadier General (Rtd) Fred Muziraguharara wahoze ari umwe mu bayobozi bakomeye mu nzego za gisirikare n’ubucuruzi.

Nk’uko bigaragara mu Iteka rya Perezida ryatangajwe mu Igazeti ya Leta yo ku wa 13 Mata 2026, aba bantu bose bahawe imbabazi hashingiwe ku bubasha Perezida afite bwo kugabanyiriza cyangwa gukuraho ibihano ku bantu bakatiwe.

Mu bahawe imbabazi harimo Fred Muziraguharara, wahoze ayobora sosiyete ya Horizon Group Ltd, wari warahamijwe ibyaha birimo gukoresha nabi umutungo ugenewe inyungu rusange no kutamenyekanisha icyaha gikomeye. Yari yarakatiwe igifungo cy’umwaka umwe n’ihazabu ya miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda.

Undi uri kuri uru rutonde ni Lt Col (Rtd) Robert Nkusi, na we wari warahamijwe uruhare mu gukoresha nabi umutungo wa Leta, akatirwa igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu hamwe n’ihazabu ya miliyoni imwe.

Harimo kandi Dilan Berat Mete, wari uhagarariye sosiyete Aknet Construction Co ikomoka muri Turukiya mu Rwanda, na we wahamijwe icyaha nk’icyo, agakatirwa igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu n’ihazabu ya miliyoni imwe.

Abandi bahawe imbabazi ni Emmanuel Kanamugire na Devota Mujawamariya, bombi bari barahamijwe icyaha cyo gutanga sheki zitazigamiwe, bakaba barahanishijwe ihazabu ingana na miliyoni 154.8 Frw na miliyoni 84 Frw.

Nubwo bahawe imbabazi, aba bantu bagomba kubahiriza amabwiriza akomeye yashyizweho kugira ngo bakomeze kugenzurwa no gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera.

Muri ayo mabwiriza harimo kwitaba Umushinjacyaha ku rwego rw’Ibanze w’aho batuye mu gihe kitarenze iminsi 15 uhereye igihe iteka ryatangarijwe, ndetse no gutanga amakuru arambuye y’aho batuye, arimo umudugudu, akagari, umurenge n’akarere.

Bazajya kandi bitaba Umushinjacyaha buri kwezi ku itariki bazemeranyaho, kandi mbere yo gusohoka igihugu bagomba kubanza gusaba uburenganzira Minisitiri w’Ubutabera.

Mu gihe hari impamvu zituma badashobora kubahiriza aya mabwiriza, basabwa kubimenyesha Ubushinjacyaha mu buryo bwemewe, bagasobanura aho bari n’impamvu zabibateye, kandi bagakorana n’inzego z’ibanze mu gutanga ayo makuru.

Aya mabwiriza azakurikizwa mu gihe cyose igihano cy’igifungo cyari gisigaye kitararangira. Ku bantu bari barakatiwe ihazabu gusa, ayo mabwiriza azahagarikwa nyuma y’amezi atandatu uhereye igihe iteka ryatangarijwe.

Icyemezo cyo gutanga imbabazi kigaragaza uburyo ubuyobozi bw’igihugu bushyira imbere ihame ry’imbabazi n’ubutabera buboneye, mu gihe kandi hubahirizwa amategeko n’inshingano zo kurinda inyungu rusange.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments