• Imyidagaduro / IBITARAMO

Abahanzi  7 bazitabirwa  ibitaramo bya MTN Iwacu na Muzika Festival basuye  urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi muri  1994 Nyanza  ya Kicukiro  biyemeza  kurwanya abagoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994

Ibi babitangaje nyuma y’igikorwa  cyabaye  kuri uyu wa Kabiri  tariki  14 Mata 2026 ku bufatanye bwa East African Promoters n’abafatanyabikorwa bayo  barimo MTN Rwanda,BPR naBralirwa  mu rwego rwo kwifatanya n’abanyarwanda kwibuka  ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Aba bahanzi basobanuriwe amateka ndetse banashyira indabo ahashyinguye inzirakarengane zazize uko zavutse muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Nyuma  yo gusobanurirw amateka y’uko Jenosode yakorewe  Abatutsi muri 1994 yateguwe  ndetse ikanashyirwa mu bikorwa na Guverinoma y’abatabazi batangaje  isomo bakuye mu gusura uru rwibutso nk’abari bakiri bato cyangwa bataravuka ubwo  Abacu bicwaga bazira uko bavutse .

Davis D yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabaye afite umwaka umwe ariko ko yizeza ko ibyabaye bitazongera kubaho ukundi. 

Chriss Eazy yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabaye ataravuka ariko ko azi uburemere bwayo ndetse ko itazasubira ukundi.

Marina Deborah yavuze ko nubwo hari abavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko ko basobanuriwe amateka ndetse bakiyemeza ko Jenoside itazasubira ukundi.

Kenny Sol yashimiye abakuru babigishije amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Yavuze ko atazigera yemerera abashaka kuyagoreka bayavuga ukundi.

Bushali yashimiye Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse asaba abakuru kujya baganiriza abato bakabigisha amateka.

Ross Kana yavuze ko inshingano za buri Munyarwanda by'umwihariko abato ari ukurinda amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuyobozi muri MTN, Kwizera Moses yasabye abahanzi bazaririmba mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival gukoresha imbuga nkoranyambaga bagahangana n’abapfobya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. 

Ati: ”Nubwo tumaze kugera ku iterambere, ubutumwa mwatanga uyu munsi bugera ku bantu benshi. Mudufashe mujye ku mbuga nkoranyambaga zanyu uyu munsi.

Nk'uko mwabivuze mujye ku mbuga nkoranyambaga zanyu ndababwiza ukuri ko nimubyandika nk'uko amateka mwayumvise birakwira hose kandi n’urubyiruko rubakurikira rubone ubutumwa mwatanze”.

Yasoje ababwira nanone ko  aribo jwi ry’U Rwanda  bagomba gukoresha  impano yabo bakarwanya  abagoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ndetse n’abafite ingengabitekerezo yayo kuko u Rwanda rutazongera gupfa Ukundi .

















Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments