Dosiye ya
Semuhungu Eric uherutse gutabwa muri yombi, yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 14
Mata 2026, aho akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo icyo gukoresha undi
imibonano mpuzabitsina ku gahato.
Umuvugizi
w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry yavuze ko
dosiye ya Semuhungu yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha.
Yavuze ko
Semuhungu watawe muri yombi tariki 9 Mata 2026, akurikiranyweho ibyaha bitatu
birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gushyira
ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina hakoreshejwe
mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa ndetse n’icyo gusebanya.
Icyaha cyo
gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato giteganywa n’ingingo ya 134
y’itegeko nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano
muri rusange.
Uwahamijwe
n’urukiko iki cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 10, ariko
kitarenze imyaka 15 n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 1 Frw ariko itarenze
miliyoni 2Frw.
Icyaha cyo
gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina
hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa giteganywa n’ingingo ya 34
y’itegeko ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.
Uhamijwe
n’urukiko iki cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitari
hejuru y’imyaka itanu, n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 1Frw ariko itarenze
miliyoni 3Frw.
Icyaha cyo
gukangisha gusebanya giteganwa n’ingingo ya 129 y’itegeko riteganya ibyaha
n’ibihano muri rusange.
Uhamijwe
n’urukiko iki cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko
kitarenze imyaka itatu, n’ihazabu itari munsi y’ibihumbi 100 Frw ariko itarenze
ibihumbi 300 Frw.