Inkuru
y’urukundo rwa Prosper Nkomezi n’umugore we Retina Nkurunziza yongeye kuvugisha
benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma
y’uko uyu muhanzi usanzwe uzwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana
ashyize hanze amafoto y’ubukwe bwe bwari bumaze igihe bwarakozwe mu ibanga
rikomeye.
Aya mafoto
yasohotse nyuma y’igihe kinini abafana n’abakurikiranira hafi ubuzima bwe bari
bafite amatsiko ku byerekeye urushako rwe, cyane ko hari amakuru yavugaga ko
yamaze kurushinga ariko nta gihamya igaragara yashyizwe hanze.
Ibi byatumye
benshi bibaza impamvu uyu muhanzi yahisemo gutuza no kubigira ibanga, ibintu
byaje gusobanuka nyuma y’uko amafoto y’ubukwe bwe atangiye gukwirakwira ku
mbuga nkoranyambaga.
Ubu bukwe
bwabaye muri Werurwe 2026, bwitabirwa n’abantu bake cyane, biganjemo abo mu
miryango yombi n’inshuti za hafi.
Amakuru
aturuka hafi y’uyu muryango agaragaza ko hari amabwiriza akomeye yari yatanzwe
mbere y’ubukwe, abuza abari babwitabiriye gufata amafoto cyangwa amashusho,
byose bikagenzurwa n’umugabo n’umugore ubwabo.
Ibi byakozwe
mu rwego rwo kurinda ubuzima bwabo bwite no guha agaciro uwo munsi w’ingenzi mu
buzima bwabo.
Nyuma y’ubu
bukwe, ubuzima bwa Prosper Nkomezi bwafashe indi ntera aho yafashe icyemezo cyo
kwimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yasanze umugore we wari
usanzwe uhatuye.
Yakiriwe
n’umuryango w’umugore we mu mujyi wa Des Moines muri Leta ya Iowa, aho ubu
bamaze gutangira ubuzima bushya bw’urugo.
Icyakora
kwimukira muri Amerika ntabwo byahagaritse ibikorwa bye bya muzika. Ahubwo
byabaye nk’intangiriro y’indi ntambwe nshya, kuko yamaze gutangaza ko ateganya
ibitaramo bizenguruka leta zitandukanye zo muri Amerika.
Ibi bitaramo
bitegerejwe na benshi mu bakunzi be baba mu mahanga, cyane cyane Abanyarwanda
batuye muri icyo gihugu, bamaze igihe bifuza kumubona abaririmbira mu buryo bwa
hafi.
Urugendo
rw’urukundo rwa Prosper Nkomezi na Retina Nkurunziza rwatangiye kugaragara ku
mugaragaro mu ntangiriro za 2026, ubwo uyu muhanzi yatunguranye akamwambika
impeta mu kwezi kwa Mutarama, ibintu byahise bikurura amarangamutima
y’abamukurikira.
Icyo gihe
benshi babifashe nk’intangiriro y’urugendo rushya, ariko ntibari bazi ko ubukwe
bwari kuzakorwa mu ibanga rikomeye.
Prosper
Nkomezi, wavutse mu 1995, amaze kwandika amateka akomeye mu muziki nyarwanda wo
kuramya no guhimbaza Imana. Yamenyekanye cyane mu 2017 ubwo yasohoraga
indirimbo ‘Sinzahwema’, izwi cyane nka ‘Amamara’, yamugize umwe mu bahanzi
bafite ijwi ryihariye n’ubuhanga buhanitse mu gucuranga piano.
Abakurikiranira
hafi ibihangano bye bavuga ko ubuzima bwe bushya bushobora kuzamura urwego
rw’ibihangano bye, cyane ko kuba ari mu gihugu gifite isoko rinini ry’umuziki
bishobora kumwongerera amahirwe yo kwagura ibikorwa bye no kugera ku ruhando
mpuzamahanga.
Nubwo
yahisemo gutuza no kugumana ibanga ku bukwe bwe, amafoto yasohoye yagaragaje
ibyishimo n’urukundo rudasanzwe hagati ye n’umugore we. Abafana be benshi
bakomeje kumwifuriza ishya n’ihirwe mu rugo rwe rushya, banategereje kureba uko
uru rugendo rushya ruzagira ingaruka ku muziki we.
Like This Post? Related Posts