Nyuma y’umwka umwe
umwe Iradukunda Grace Divine
uzwi nka Dj Ira
umwe mubavanga muziki bakunzwe hano mu Rwanda ahawe ubwene gihugu
akomeje kurwana intambara yabirirwa
bamuziza ko yemeye kuba umunyarwanda
Uyu mukobwa
udakunda kuvuga amagambo menshi nyuma
yo gukomeza gutukw cyane n’abantu batandukanye
ku mbuga nkoranyambaga yabakuriye
inzira ku murima abereka impamvu nyinshi zo kuba yarasabye
ubwenegihugu bw’u Rwanda .
Mu butumwa
bwe yashyize ku mbuga nkoranyambaga Dj Ira
yagaragaje ko we yahisemo gusaba
Perezida Paul Kagame ubwenegihugu bw’u
Rwanda kubera ko aaarukunda kandi hari byinshi zatumye abusaba .
Abinyujije
ku mbuga nkoranyambaga ze Dj yagize :
nubu koko nyuma y’umwaka muracyababaye, muracyantuka, muracyantera ubwoba,
Kugeza ubu sindumva ikibazo gihari ariko reka tuganire. Nshobora kuba
naracecetse mukagira ngo mfite isoni z’ibyo nasabye, nabihatirijwe cyangwa naba
ntatewe ishema n’ubwenegihugu nasabye.”
Uyu mukobwa
yavuze ko yahisemo gusaba ubwenegihugu bw’u Rwanda kuko u Burundi bwemerera
umuturage wabwo kugira bubiri, bityo ahamya ko ikibazo cyabaye ubwo yasabye.
Ati “U
Burundi bwemera ubwenegihugu bubiri, gusaba ubw’u Rwanda ni nk’uko nari gusaba
ubwa Amerika, Canada n’ahandi. Ariko kubera ko ari ubw’u Rwanda byabaye
ibibazo.”
Uyu mukobwa
yaboneyeho umwanya wo kwibutsa Abarundi impamvu yahisemo gusaba ubwenegihugu
bw’u Rwanda, anashimangira ko atabyicuza.
Ati “DJ Ira
mwamumenye kubera u Rwanda, akazi nkora niho nagatangiriye, narahageze mpabwa
rugari ndakora batitaye ko ndi umunyamahanga, n’ubu aho ngeze sinatinya kuvuga
ko ari ukubera Imana n’u Rwanda wenda no gukora neza. Rwose nari mfite impamvu
igihumbi zo gusaba ubwenegihugu bwaho.”
DJ Ira
yibukije Abarundi ko ikibazo atari we ahubwo ari urwango bafitiye u Rwanda,
anongeraho ko kwaka ubundi bwenegihugu bitavuze kwanga Igihugu cye.
Ku wa 16 Werurwe 2025 ni bwo DJ Ira yasabye Perezida Kagame ubwenegihugu bw’u Rwanda, nyuma y’ukwezi kumwe gusa ahita abuhabw
Like This Post? Related Posts