Mu gihe urubyiruko rutandukanye rugiye gusubira ku
mashuri muri Kigali hagiye gutangizwa igikorwa cyiswe
Salt &Light Night kigiye
guhuza urubyiruko rw’abakiristo
Iki gikorwa cya Salt &Kight Night ni gishya kandi nibwo kigiye kuba ku nshuro ya mbere muri Kigali aho kizahuriza hamwe urubyiruko rufite ukwizera Imana ,Ubuhanzi ndetse n’Umuryango wa gikristo
Nkuko twabitangarijwe n’Umuyobozi Mukuru wa 4 Jesus
Bwana Nubishimwe Emmanuel Prince mu
kiganiro yagiranye na BTN Rwanda yagize ati " Imana yampaye ihishurirwa ry'inzozi zo guteza
imbere impano z'urubyiruko rw'abakirisito (Christian Creatives) badahabwa
umwanya mu materaniro asanzwe ngo bakoreshe impano zabo mu kuramya Imana no kubwiriza
ubutumwa bwiza bakoresheje impano zabo mpitamo kujya ntegura iki gikorwa nk’urubuga n’ahantu abakristo
bazajya bajya nyuma y’amateraniro bagasangira bakagirana ibi byiza banashimira
Imana kuko ubundi bazavaga mu gusenga bahita abenshi bataha mu miryango yabo .
Yakomeje avuga ati “Salt &Light night ari urubuga rwiza
rugamije guhuza urubyiruko ruturuka mu matorero
atandukanye ndetse n’abafite
Impano zitandukanye bagahura bagasabana
bakigaragaza ndetse bakabona no
gukura mu by’umwuka wera
Nkuko
yakomeje abidutangariza muri icyo
gikorwa hazagaragaramo
imivugo,Kuririmba,Kubyina , Urwenya n’izindi
mpano nyinshi
Yakomeje avuga buri wese azabona umwanya wo kwigaragaza mu
buryo bwisanzuye ariko bushingiye ku kwizera.
Prince
yatubwiye iki gikorwa ari ubwa mbere kigiye kuba ku nshuro ya i Kigali kikazaba
kije gusubiza ibyifuzo by’urubyiruko rwifuzaga ahantu ruzajya ruhurira rukagaragaza impano zarwo .
Yatubwiye
kandi ko intego nyamukuru ya 4
Jesus Initiative ari ugufasha urubyiruko gukoresha Impano zarwo mu gukwikwiza ubutumwa bwiza bw’Imana
mu bantu .Urukundo ndetse n’Impinduka nziza mu muryango mugari wa gikristo
Mu gusoza
Prince kandi yadutangarije ko iyi
ari intangiriro y’urugendo rwubaka umuryango w’urubyiruko n’urubuga rwo kumurika
impano zishingiye ku kwizera
Yasabye kandi Ababyeyi b’abana,abayobozi b’amatorero
na bandi bafatanyabikorwa batanduka kuzitabira
no gushyigikira iki gikorwa kuko
gifite intego yo kubaka urubyiruko no
guteza imbere impano zifite agaciro
Biteganyijwe ko
igikorwa cya Salt & Light Night kizaba ku tariki ya 2 Gicurasi 2026
kikazabera kuri Ora Center (Former
Prayer House) kuva 06:00 z’umugoroba
kugeza saa mbiri zijoro
Like This Post? Related Posts