• Amakuru / MU-RWANDA

 Ku rubuga rwa X uwiyita Gad yatangaje ko muri Nyagatare hari kubera ibikorwa by’ubwicanyi byibasira abamotari,gusa Polisi iramunyomoza inatangaza ko yafunzwe azira gukwiza ibihuha.

Uyu uvuga ko yitwa Gad muri Video yashyize kuri X, yavugaga ko atabaza akarere ka Nyagatare ko hari ubwicanyi bukorerwa abamotari bategwa bakamburwa moto, bakicwa ababikoze bagahita bahungira muri Uganda,kandi Leta ibizi ntihagire igikorwa.

Polisi nayo yanditse kuri X ivuga ko ibi atari ukuri,kandi ko uyu watangaje ibihuha yafunzwe.Yagize iti”Muraho,Turamenyesha ko aya makuru atari ukuri.Uwabigizemo uruhare akurikiranyweho icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha, nk’uko biteganywa n’ingingo ya 39 y’Itegeko No 60/2018 ryo ku wa 22/08/2018 ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.

Polisi yasoje yibutsa buri wese kwirinda gutangaza no gukwirakwiza ibihuha, kuko bihanwa n’amategeko.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments