Umuhanzikazi
ukunzwe cyane muri Uganda, Spice Diana, yatangaje ko atakiri mu gitutu cyo
gusohora indirimbo nshya, ashimangira ko ubu akora umuziki kubera urukundo
awukunda aho kuwukora kubera igitutu cy’isoko.
Mu kiganiro
yagiranye na televiziyo yo muri Uganda, yavuze ko atakiri mu marushanwa
n’abandi bahanzi, ahubwo ko yahinduye imitekerereze ye ku muziki, awushyira ku rwego
rw’ishyaka rye bwite.
Yagize ati “Sinkiri mu gitutu cyo gusohora indirimbo.
Ubu ntari mu marushanwa n’umuntu uwo ari we wese nsohora indirimbo kuko
mbikunze. Ni cyo nshaka koko, si ukubera ko numva ntegetswe. Ndi mu mwanya
mwiza, kandi abafana banjye banyuzwe n’ibyo nasohoye,” — Spice Diana.
Spice Diana
yasobanuye ko mu gihe cyashize, abahanzi benshi bakoraga cyane bagamije
guhangana ku isoko, ariko ubu we yahisemo gukorera ku mutuzo.
Yagaragaje
ko: atagikeneye guhora asohora indirimbo kugira ngo agume ku isonga ikindi nuko
atari mu guhangana n’abandi bahanzi ,ahubwo akora umuziki igihe awushakiye
kandi awufitiye ubushake
Uyu
muhanzikazi umaze imyaka irenga icumi mu muziki yavuze ko afite ibihangano
byinshi byamaze kwakirwa neza n’abafana, ari na byo bituma atakihutira gusohora
ibindi buri gihe.
Yemeje ko indirimbo
amaze gukora zifite ireme kandi abafana bakimukunda bakanamushyigikira ,ibyo ngo
biri mu bituma agira amahoro mu
kazi ke
Spice Diana
amaze imyaka irenga icumi mu ruganda rwa muzika, aho yakomeje kugaragara no
kuguma ku rwego rwo hejuru kubera gufata ibyemezo atagendeye ku gitutu , guhitamo
igihe n’uburyo bwo gukora umuziki ndetse no gushyira imbere ubuziranenge
kurusha ubwinshi
Ibi Spice
Diana yavuze bitanga isomo ku bahanzi, cyane cyane abakizamuka, ko gutangira
bisaba imbaraga no gukora cyane ariko uko umuhanzi agenda akura, ashobora
kugera aho akorera ku murongo we kandi akibanda ku rukundo rw’umuziki kurusha
igitutu cy’isoko