Leta ya Repubulika
Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe
w’inyeshyamba za M23 bageze ku masezerano akomeye agamije koroshya
itangwa ry’imfashanyo no kurinda abasivili, mu biganiro by’amahoro byabereye i Montreux
mu Busuwisi
Aya
masezerano agaragaza intambwe y’ingenzi yagezweho muri uru rugendo rwa cyenda
rw’ibiganiro hagati ya leta n’inyeshyamba.
Kimwe mu
by’ingenzi byemeranyijweho ni uko impande zombi zizarekura imfungwa zigera kuri
477. Muri zo, abantu 311 bafungiye ku ruhande rw’ihuriro ry’inyeshyamba rya Alliance
Fleuve Congo ririmo na M23, naho 166 bari bafungiye ku ruhande rwa leta ya
Congo.
Ibi
byitezweho guteza imbere icyizere hagati y’impande ziri mu biganiro no gufasha
mu kubaka inzira iganisha ku mahoro arambye.
Impande
zombi zemeranyije kandi koroshya urujya n’uruza rw’imodoka zitwara imfashanyo
no kwirinda ibitero ku basivili, mu rwego rwo kugabanya ingaruka z’intambara ku
baturage bo mu burasirazuba bwa Congo.
Amakuru
yatanzwe na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’Amerika agaragaza ko hari
intambwe imaze guterwa mu bijyanye n’amasezerano arebana no gufasha abaturage,
kurinda uburenganzira bwabo no kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge.
Biteganyijwe
ko, ku bufatanye na MONUSCO, hazatangira ibikorwa byo kugenzura uko ayo
masezerano ashyirwa mu bikorwa mu gihe cy’icyumweru kimwe kiri imbere.
Ibi
bizafasha kugenzura imirongo y’imirwano no kureba niba impande zombi zubahiriza
ibyo ziyemeje.
Aya
masezerano afite intego yo guhagarika imirwano no kugarura ituze mu
burasirazuba bwa RDC, hubahirizwa ibyo impande zombi zari zarumvikanyeho mbere
mu biganiro byabereye i Doha, bijyanye no guhagarika imirwano.
Abaturage bo
mu bice byibasiwe n’imirwano bagaragaje ko aya masezerano ashobora kubafasha
kubona ubufasha bwari bwaratinze kubageraho.
Imiryango
mpuzamahanga ikora ibikorwa by’ubutabazi yavuze ko iyi ari intambwe nziza
iganisha ku gufasha abaturage, nubwo hakenewe gukomeza kugenzura ishyirwa mu
bikorwa ry’ayo masezerano kugira ngo yubahirizwe.
Nubwo hakiri
urugendo rurerure, abasesenguzi bavuga ko iyi ari intambwe nziza ishobora
gufasha mu kugarura amahoro mu karere kamaze igihe kinini karazahajwe
n’intambara.