Umusizi
Junior Rumaga yashimiye Abahanzi ndetse
n’abamufashije gutegura iserukiramuco ry'ubuhanzi
ryiswe Siga Arts Festival ryabaye kuva tariki ya 19 kugeza 21 Werurwe 2026 rikitabirwa n’abahanzi benshi bakunzwe
hano mu Rwanda
Ni ibirori
byabaye ku mugoroba wo ku wa gatanu
tariki 24 Mata 2026 muri Kicukiro aho byitabiriwe n’abahanzi barimo Juno Kizigenza , Christopher, Bruce Melodie ,Muyoboke Alexis ,David Bayingana ,
Abanyamakuru benshi batandukanye baba abo muri siporo n’imyidagaduro ,abasizi
ndetse n’abakinnyi ba sinema .
Junior mu
Ijambo rye yasshimiye buri wese
witabiriye ubutumire bwe aboneraho no kubabwira ko uwo mugoroba ari uwibyishimo kukuba igikorwa bateguye
cy’Iserukiramuco rya Siga
Fest ryagenze neza
ku nshuro yaryo ya mbere kubera ingufu bose bashyizemo kugira rigende neza .
Yakomeje avuga
ko nta byinshi afite yabahemba ariko ashimangira ko buri wese
wagize uruhare urwo arirwo rwose ngo
bigende neza yagenewe igihembo .
Nyuma yo
gushimira abatuirwe be hakurikiyeho
umwnaya w’umusangiro hagati yabo abaraho bose baranezerwa karahava kugeza mu
masaha akuze .
Gusa uyu
musizi mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru
ubwo ibyo birori byari bihumuje yongeye gushimangira ko ari inshuti y’umuhanzi Itahiwacu Bruce Melodie .Aho
yavuze ko ari umugisha ukomeye
cyane kuba u Rwanda
rumufite .
Yagize Ati “ Iki gihugu gifite umugisha ukomeye cyane kuba kigufite ,bitari nk’umuhanzi gusa
ahubwo nka Roho ikindi nk’Umuntu wa nyawe ku bantu
bakuri hafi kuko uruhare rwe
rugaragara birenze ubuhanzi .
Rumaga
kandi yavuze ko Afata Bruce Melodi nka Mukuru we
kuko ariwe watumye abantu benshi bamumenya
cyane kuko indirimbo Katapila ariyo ya mbere
yari yanditse y’umuhanzi ukomeye mu Rwanda.
Ibi
kandi byerekana ko aba bombi bafitanye umubano udasanzwe kuko amufata nk’umuvandimwe
kandi akaba mu bantu batatu afata nk’Inshuti z’amagara.
Ikindi kibigaragaza
nuko aba bombi bahuriye mu gisigo bise “ Narakubabariye “
Mu tundi
dushya twabereye muri ibyo birori bya Junior Rumaga uwo mugoroba nuko Junior Giti wari umunsi we w’Amavuko akaza
gutungurwa n’ibyo byamamare byari biteraniye aho ibyari ibirori bigahinduka ibyishimo kugeza mu masaha akuze aho byarangiriye .
Tubibutse ko Iserukiramuco ry Siga Fest
ryari ryateguwe n’Umusizi Junior
Rumaga ryari ryitabiriwe n’abahanzi
nka Massamba Intore, Riderman, Element Eleeeh, Juno Kizigenza, Alyn Sano, Mani
Martin, Christopher Muneza, Kevin Kade, Bwiza, Rusine Patrick na Jules Sentore
n’abandi benshi.