• Imyidagaduro / ABAHANZI

Uruganda rwa sinema muri Nigeria ruri mu gahinda gakomeye nyuma y’inkuru y’urupfu rw’umukinnyi wa filime  za Nollywood akaba n’umucuruzi, Solomon Akiyesi, witabye Imana ku buryo butunguranye.

Amakuru yemejwe ku wa Mbere na Abubakar Yakubu, Perezida wa Ishyirahamwe ry’abakinnyi  ba Filime muri Nigeria  (AGN), wavuze ko uyu mukinnyi yapfuye ku Cyumweru asinziriye.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Abubakar Yakubu yemeje iby’urupfu rwa Solomon Akiyesi, asobanura ko yagiye kuryama ariko ntiyongera  ku byuka  mu cyumba   cye .

“Ni byo koko. Yitabye Imana ejo. Yararyamye ntiyongera kubyuka. Turacyategereje ibisobanuro birambuye biturutse ku muryango we,”

Yanavuze ko umurambo we wahise ujyanwa mu Ishyirahamwe ry’abakinnyi ba Filime  muri Nigeria ryatangaje ko kugeza ubu ritarabona ibisobanuro birambuye ku cyateye uru rupfurwe , ikaba igitegereje amakuru aturuka ku muryango wa nyakwigendera.

Ibi bituma uru rupfu rukomeza kuba urujijo ku bakunzi ba sinema n’abamukoranaga.

Solomon Akiyesi yavukiye muri Edo State, mu gace ka Akoko-Edo/Ososo, akaba yari amaze imyaka myinshi akora mu ruganda rwa Sinema muri  Nollywood.

Yagaragaye muri filime zitandukanye zirimo :Heart of a Saint ,Desperate Ladies ,Pretty Liars ,Bridge of Contract ni zindi nyinshi zakunzwe n’abatari bakeya .

Uretse gukina filime, yari n’umucuruzi wagaragaje ubushobozi mu bikorwa bitandukanye.

Inkuru y’urupfu rwa Solomon Akiyesi yateye benshi agahinda n’ukutabyemera, cyane cyane abakunzi be n’abakora muri Nollywood.

Abantu batandukanye batangiye kumwibuka, bamushimira uruhare rwe mu guteza imbere sinema ya Nigeria.

Nubwo atakiriho, assize filime nyinshi zizakomeza kumwibutsa n’izina rikomeye muri Nollywood  ndetse n’urugero rwiza  ku bakinnyi bakiri bato

Urupfu rwa Solomon Akiyesi ni igihombo gikomeye ku ruganda rwa sinema muri Afurika.

Azahora yibukwa nk’umukinnyi witanze, wagize uruhare mu kuzamura Nollywood no gususurutsa abakunzi ba filime.


 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments