• Amakuru / MU-RWANDA

 Inzego z’umutekano z’u Rwanda (RDF na Polisi) ziri  mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado ku bufatanye n’iza Mozambique n’abaturage baho bakoze umuganda rusange mu rwego rwo gusukura umujyi.

Ni umuganda wabaye kuri uyu wa 2 Gicurasi 2026 aho wabereye mu mujyi wa Mocímboa da Praia, mu ntara ya Cabo Delgado.

Ubuyobozi bw’umujyi ndetse n’Inzego z’umutekano z’u Rwanda bishimiye iki gikorwa, bashimangira ko kubungabunga imibereho myiza y’abaturage ari inshingano za buri wese , ndetse no gukomeza ubufatanye.

Uretse gucunga umutekano, Ingabo na Polisi by’u Rwanda muri Mozambique bakora n’ibindi bikorwa binyuranye byo gufasha abaturage kugira ubuzima bwiza harimo ubuvuzi, kubaha ibikoresho by’isuku ndetse no guha abana ibikoresho by’ishuri.

Ku wa 9 Werurwe 2026 zashyikirije ubuyobozi bw’Akarere ka Macomia inyubako igizwe n’ibyumba bitatu by’amashuri n’ibiro bibiri byo ku Ishuri ribanza rya Macomia, byasanwe nyuma y’uko ibikorwa byo kuryubaka byahagaritswe n’ibitero by’iterabwoba byibasiye aka karere.

Kuva muri Nyakanga 2021, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda n’iza Mozambique zifatanya mu kurwanya ibikorwa by’iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado yari yarahungabanyijwe bikomeye n’umutwe wa Ansar al Sunnah.

Kuva inzego z’umutekano zatangira gukorera muri Cabo Delgado, zirukanye ibyihebe, zibikura mu birindiro bihoraho byari byarashinze mu turere dutandukanye, bihungira mu mashyamba na ho zirabihasanga, zirabitsinsura.

Nyuma yo gutsinsura ibi byihebe, abaturage bari barahunze basubiye mu ngo zabo, ibikorwaremezo birimo umuriro w’amashanyarazi birongera birakora.




Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments