• Ubuzima / IBYOREZO


Urukiko rwa Masaka muri Uganda rwakatiye Umunyarwanda Festo Mugabe Nkotanyi na Nathan Karamuzi igifungo cy’imyaka itatu cyangwa kwishyura ihazabu y’Amashilingi 300.000 nyuma yo kubahamya kubeshya abaturage ko bavura agakoko gatera SIDA.

Ubushinjacyaha bwasobanuye ko aba Banyarwanda bagaragaye kuri Golf Lane Hotel i Masaka tariki ya 30 Mata 2026, bagurisha imiti gakondo Amashilingi ari hagati ya 150.000 na 300.000, babeshya abaturage ko ivura iki cyorezo.

Bwari bwasabye urukiko kubakatira igihano gikomeye mu rwego rwo gutanga isomo no ku bandi bakora ibinyuranyije n’amabwiriza agenga ubuvuzi, kubera ko bayobeje abaturage, batuma bizera ko SIDA igira umuti cyangwa urukingo kandi atari byo.

Umucamanza muri uru rukiko, Abdallah Kayiza, yavuze ko ubwo bari mu rubanza, bemeye icyaha banasaba imbabazi, ntibagora ubutabera kandi ko ari ubwa mbere bari bakukiranyweho ibyaha, bityo ko izo ari impamvu zituma boroherezwa igihano.

Kayiza yatangaje ko Mugabe na Karamuzi bakatiwe igifungo cy’imyaka itatu cyangwa se gutanga ihazabu y’Amashilingi 300.000, abamenyesha ko niba batanyuzwe n’imikirize y’urubanza, bashobora kujurira.

Urukiko rwa Masaka rwategetse ko imiti y’ibyatsi aba Banyarwanda bafatanywe yajyanwa muri laboratwari y’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge bw’imiti kugira ngo ikorerwe isuzuma.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments