Inzego z’ubuzima mu Rwanda zatangaje ko ziri gukurikiranira hafi indwara ya Hantavirus imaze iminsi ivugwa mu bihugu bitandukanye nyuma y’aho yibasiriye abagenzi bari mu bwato bw’abakerarugendo bwiswe M/V Hondius.
Mu itangazo ryashyizwe hanze ku wa 10 Gicurasi 2026, RBC yavuze ko
iri gukomeza gukurikirana uko iyi ndwara ihagaze ku rwego mpuzamahanga no
gutanga amakuru yo kwirinda.
Iyi
ndwara yatangiye kuvugwa cyane nyuma y’aho bamwe mu bagenzi bari mu rugendo rwo
gusura umugabane wa Antarctique batangiye kurwara mu buryo budasanzwe, bamwe
bikarangira bahasize ubuzima.
Ubwo
bwato bwari bwahagurutse mu Mujyi wa Ushuaia mu Majyepfo ya Argentina, ariko urugendo rwabwo rwahindutse
ikibazo cy’ubuzima nyuma y’aho abantu batangiye kugira ibimenyetso bikomeye
by’uburwayi.
Raporo
zitandukanye zigaragaza ko bamwe mu barwayi bapfiriye muri ubu bwato, abandi
bakavurirwa mu bihugu bitandukanye birimo Afurika y’Epfo.
RBC
yavuze ko ubwoko bwa virusi bwagaragaye muri iki cyorezo bwitwa Andes virus Hantavirus, bukaba ari bwo bwonyine buzwi
bushobora kwandura hagati y’abantu, nubwo bikorwa gake cyane.
Iyi
ndwara ikomoka ku nkegesi n’imbeba, aho abantu bashobora kuyandura bahumeka
umwuka wandujwe n’inkari, ibisigazwa cyangwa amacandwe yazo.
Ibimenyetso
byayo birimo umuriro mwinshi, kubabara umutwe n’imikaya, umunaniro, isesemi,
guhitwa, inkorora ndetse no guhumeka nabi.
RBC
yibukije abaturage ko ibi bimenyetso bishobora kwitiranywa n’iby’indwara nka
grippe, malaria cyangwa Covid-19 COVID-19,
isaba abantu kujya kwa muganga igihe babonye ibimenyetso bidasanzwe.
Ibihugu
byinshi birimo Argentine, Afurika y’Epfo, u Buholandi, u Busuwisi na Cape Verde byatangiye gukurikirana iki kibazo
kubera abaturage cyangwa abagenzi bafite aho bahuriye n’ubu bwato.
Izina
Hantavirus rikomoka ku ruzi rwa Hantan River rwo muri Koreya y’Epfo, aho iyi
virusi yavumbuwe bwa mbere mu 1978 n’umushakashatsi Dr. Ho-Wang Lee.