• Ubuzima / IBYOREZO


Inzego z’ubuzima mu Rwanda zatangaje ko ziri gukurikiranira hafi indwara ya Hantavirus imaze iminsi ivugwa mu bihugu bitandukanye nyuma y’aho yibasiriye abagenzi bari mu bwato bw’abakerarugendo bwiswe M/V Hondius.

Mu itangazo ryashyizwe hanze ku wa 10 Gicurasi 2026, RBC yavuze ko iri gukomeza gukurikirana uko iyi ndwara ihagaze ku rwego mpuzamahanga no gutanga amakuru yo kwirinda.

Iyi ndwara yatangiye kuvugwa cyane nyuma y’aho bamwe mu bagenzi bari mu rugendo rwo gusura umugabane wa Antarctique batangiye kurwara mu buryo budasanzwe, bamwe bikarangira bahasize ubuzima.

Ubwo bwato bwari bwahagurutse mu Mujyi wa Ushuaia mu Majyepfo ya Argentina, ariko urugendo rwabwo rwahindutse ikibazo cy’ubuzima nyuma y’aho abantu batangiye kugira ibimenyetso bikomeye by’uburwayi.

Raporo zitandukanye zigaragaza ko bamwe mu barwayi bapfiriye muri ubu bwato, abandi bakavurirwa mu bihugu bitandukanye birimo Afurika y’Epfo.

RBC yavuze ko ubwoko bwa virusi bwagaragaye muri iki cyorezo bwitwa Andes virus Hantavirus, bukaba ari bwo bwonyine buzwi bushobora kwandura hagati y’abantu, nubwo bikorwa gake cyane.

Iyi ndwara ikomoka ku nkegesi n’imbeba, aho abantu bashobora kuyandura bahumeka umwuka wandujwe n’inkari, ibisigazwa cyangwa amacandwe yazo.

Ibimenyetso byayo birimo umuriro mwinshi, kubabara umutwe n’imikaya, umunaniro, isesemi, guhitwa, inkorora ndetse no guhumeka nabi.

RBC yibukije abaturage ko ibi bimenyetso bishobora kwitiranywa n’iby’indwara nka grippe, malaria cyangwa Covid-19 COVID-19, isaba abantu kujya kwa muganga igihe babonye ibimenyetso bidasanzwe.

Ibihugu byinshi birimo Argentine, Afurika y’Epfo, u Buholandi, u Busuwisi na Cape Verde byatangiye gukurikirana iki kibazo kubera abaturage cyangwa abagenzi bafite aho bahuriye n’ubu bwato.

Izina Hantavirus rikomoka ku ruzi rwa Hantan River rwo muri Koreya y’Epfo, aho iyi virusi yavumbuwe bwa mbere mu 1978 n’umushakashatsi Dr. Ho-Wang Lee.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments