Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwataye muri yombi umugore wo mu Murenge wa Gatumba, Akarere ka Ngororero, usanzwe akora kwa muganga aho akekwaho gutwikisha amazi ashyushye umukozi we wo mu rugo.
Mu butumwa bwanyujijwe ku
rubuga rwa X rwa RIB kuri uyu wa Gatatu,
tariki ya 13 Gicurasi 2026, yavuze ko uyu mugore afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gatumba, mu gihe iperereza rikomeje.
Amakuru aturuka mu baturage
avuga ko uyu mugore yashyamiranye n’umukozi we amuziza guteka atinze mbere yo
kumusukaho amazi ashyushye bikamuviramo ibikomere bikomeye.
Amashusho yakwirakwiye ku
mbuga nkoranyambaga agaragaza uwahohotewe aryamye mu bitaro bya
Muhororo, aho bigaragara ko yahiye bikomeye, cyane cyane mu maso no mu gituza.
Mu itangazo ryayo, RIB
yanahakanye amakuru yari amaze iminsi acicikana avuga ko umugabo w’uyu mugore yaba ari umukozi wayo inashimangira ko uwabikoze yafashwe agafungwa.
Yagize iti: “Muraho, ucyekwaho gukora ibi yarafashwe, akaba afungiye kuri Station ya RIB ya Gatumba.Turamenyesha abantu bose ko umugabo w’uyu ukekwaho icyaha atari umukozi wa RIB nk’uko byagiye bivugwa.”
Hari kandi amakuru avuga ko
bamwe mu baturage bakeka ko uwahohotewe yaba ari gushyirwaho igitutu kugira ngo
ababarire uwamutwitse, nubwo inzego z’ubugenzacyaha zitaragira icyo
zibitangazaho.
Ibi byongeye kwibutsa abantu kwamagana
ihohoterwa rikorerwa abakozi bo mu ngo, no gusaba ko abakora ibyaha nk’ibi
bahanwa hakurikijwe amategeko.