Polisi y’u Rwanda (RNP), ku bufatanye n’ Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB), yatangaje ko yataye muri yombi abantu batandatu bakekwaho gushuka urubyiruko barwizeza amahirwe yo kujya kwiga muri Canada.
Mu itangazo ryashyizwe hanze ku wa 13 Gicurasi 2026, Polisi yavuze ko
aba bantu bari gukorwaho iperereza kugira ngo hamenyekane ukuri ku bikorwa
bakekwaho byo kubeshya abaturage no kubaka icyizere kitari cyo ku rubyiruko
rwifuza kwiga hanze y’igihugu.
Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Polisi y’u Rwanda yagize iti: “Abafashwe
barimo kubazwa kugira ngo hakorwe iperereza no kumenya ukuri ku by’iki
gikorwa.”
Kuri uyu munsi, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho n’amakuru
byerekana urubyiruko rwinshi rwari rwuzuye muri imwe muri hoteli zo mu Mujyi wa
Kigali, rwagiye gushaka amakuru ajyanye no kujya kwiga muri Canada.
Amakuru yavugaga ko abantu barenga 1000 bari bateraniye aho, bamwe
bavuga ko bari bategereje guhura n’abahagarariye amashuri cyangwa ibigo byo
muri Canada. Icyakora bagezeyo basanga nta muntu uwo ari we wese uturutse muri
Canada uhari.
Byatumye benshi batangira gukeka ko baba barashutswe cyangwa bashowe mu
bikorwa byo kwambura abantu amafaranga binyuze mu masezerano adafite ishingiro.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Boniface Rutikanga, yavuze ko iperereza
rikomeje hagamijwe kureba niba aba bantu bari bafite ibyangombwa bibemerera
gukora ibikorwa byo gushakira abanyeshuri amashuri hanze y’u Rwanda.
Yagize ati: “Turimo kureba niba bazwi na MINEDUC, niba Ambasade ya Canada ibazi,
niba amashuri bavuga ko bahagarariye abazi, ndetse niba bafite ibyangombwa
bibemerera gukora iyo mirimo.”
Yakomeje avuga ko hari uburyo bwemewe bwo gukora ibikorwa byo gufasha
abanyeshuri kujya kwiga hanze, burimo kugira aho ikigo kizwi gikorera no kuba
gifite ibyangombwa byose byemewe n’amategeko.
Ati: “Kugeza ubu ntitwavuga ko ari abatekamutwe. Iperereza ni ryo
rizatanga ukuri ku byo bakekwaho.”
Ibi bibaye nyuma y’indi nkuru isa nk’iyi yabaye mu 2019, ubwo urubyiruko
rubarirwa mu bihumbi rwahuriraga muri Kigali Convention Centre mu nama yari
yiswe ‘Wealth and Fitness Summit’.
Icyo gihe benshi bari bishyuye amafaranga yo kwiyandikisha, bizezwa ko
bazahabwa amahugurwa ndetse bamwe bavuga ko bari bemerewe amafaranga
y’amadolari 197 yo kwitabira. Nyuma byaje kugaragara ko bari bashutswe.
Abitabiriye iyo nama bishyuye amafaranga binyuze kuri Mobile Money,
internet ndetse bamwe bishyura bageze aho inama yagombaga kubera.
Nyuma y’icyo kibazo, inzego z’umutekano zari zatangaje ko abazaga
gushora urubyiruko muri bene ibyo bikorwa bazakurikiranwa, ndetse amafaranga
y’abari baribwe akageragezwa gusubizwa.
Inzego z’umutekano zikomeje gusaba abaturage, cyane cyane urubyiruko
rushaka amahirwe yo kwiga cyangwa gukora hanze y’igihugu, kujya babanza
kugenzura niba ibigo cyangwa abantu bababwira ayo mahirwe bafite ibyangombwa
byemewe n’amategeko.
Polisi yanibukije abaturage ko bakwiye kwirinda gutanga amafaranga
cyangwa amakuru yabo bwite batabanje kumenya neza abo bari gukorana na bo.