• Ubuzima / IBYOREZO


Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwatangaje ko imipaka ya Rusizi I na Rusizi II ihuza Akarere ka Rusizi n’Umujyi wa Bukavu yafunzwe by’agateganyo mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola cyagaragaye mu gihugu cya Repubulika iharanura Demokarasi ya Congo.

Iyi myanzuro yashyizwe mu bikorwa mu gitondo cyo ku wa 18 Gicurasi 2026 nyuma y’uko no ku mupaka wa Goma na Rubavu hafashwe ingamba nk’izo zo kurinda ubuzima bw’abaturage.

Abaturage bageze ku mipaka mu gitondo basubijwe inyuma haba abashakaga kwinjira mu Rwanda cyangwa kwambuka bajya muri Congo uretse amatsinda yihariye nk’abanyeshuri abatwara ibiribwa n’abakora ubutabazi bemerewe gukomeza kwambuka ku mpamvu z’ubuyobozi.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Sindayiheba Phanuel yavuze ko iki cyemezo kigamije kurinda abaturage icyorezo cya Ebola gishobora gukwirakwira vuba binyuze mu guhura kw’abantu benshi ku mipaka.

Yagize ati Ni ingamba z’agateganyo zo gukumira no kurinda abaturage bacu Turasaba abantu gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda”.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kugeza ubu nta murwayi wa Ebola uragaragara mu Rwanda ariko igaragaza ko hakenewe gukomeza kwitwararika cyane kubera ko icyorezo gikomeje kugaragara muri DRC.

Abaturage basabwe gukomeza ingamba zo kwirinda zirimo gukaraba intoki kenshi n’isabune, kwirinda gusuhuzanya mu ntoki, kwirinda ingendo zitari ngombwa no kwihutira kwa muganga igihe hagaragaye ibimenyetso birimo umuriro mwinshi kuruka no kuva amaraso

Ebola ni indwara yandura cyane iterwa na virusi ikaba yandurira mu maraso amatembabuzi cyangwa ibikoresho byakozweho n’umurwayi wanduye.

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu Rwanda nta muntu urandura iki cyorezo kimaze kwica abantu 88 muri RDC.

Iyi virusi ya Ebola izwi nka Bundibugyo virus yabonetse bwa mbere muri Uganda mu 2007-2008, yandura abantu 149, yica 37. Mu 2012 yagaragaye muri RDC mu gace ka Isiro, yandura abantu 57, yica 29.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments