Sosiyete
INGO S.A itegura ikanatanga amakamba ya Miss Burundi yatangaje ko Mugisha
Monica Celeste atakiri Miss Popularity 2025, nyuma yo gufata icyemezo cyo
kumwambura iri kamba kubera kutubahiriza inshingano n’amasezerano yari afitanye
n’iri rushanwa.
Mu itangazo
ryashyizwe hanze kuri uyu wa 18 Gicurasi 2026, ubuyobozi bwa INGO S.A bwavuze
ko uyu mukobwa yakoze ingendo zitandukanye zijya mu mahanga atabanje
kubimenyesha cyangwa ngo asabe uburenganzira, nk’uko amategeko n’amasezerano
agenga iri rushanwa abiteganya.
Abategura
Miss Burundi bavuze ko bagerageje inshuro nyinshi gusaba ibisobanuro no kubona
inyandiko zisobanura izo ngendo, ariko ntibabihabwa. Bavuze ko ibyo babifashe nk’ikosa
rikomeye rinyuranyije n’indangagaciro z’amarushanwa ndetse n’ubunyamwuga
busabwa uwambaye ikamba.
Mu byemezo
byatangajwe harimo guhita yamburwa burundu ikamba rya Miss Popularity 2025 no
kubuzwa gukomeza gukoresha iri zina mu buryo ubwo ari bwo bwose.
Bivuze ko
atemerewe kongera kwifashisha izina rya Miss Popularity 2025, igitambaro cy’iri
rushanwa, ibirango bya Miss Burundi cyangwa ikindi cyose gifitanye isano na ryo
mu itangazamakuru, ku mbuga nkoranyambaga cyangwa ahandi hose.
INGO S.A
yanaburiye ko umuntu wese wakomeza gukoresha iri kamba cyangwa ibikorwa
bifitanye isano na ryo mu buryo bunyuranyije n’iki cyemezo ashobora
gukurikiranwa n’amategeko.
Ubuyobozi
bw’iyi sosiyete bwashimangiye ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo kurinda
isura n’icyizere cy’amarushanwa ya Miss Burundi, ashingiye ku ndangagaciro
zirimo ubunyamwuga, inshingano no kubahiriza amabwiriza.
Iki cyemezo
cyakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bagishyigikiye bavuga ko
uwambaye ikamba aba agomba kubahiriza amabwiriza yose, mu gihe abandi bavuga ko
hakwiye gusobanurwa neza iby’izo ngendo n’impamvu zatumye atabimenyesha mbere.
Kugeza ubu,
Mugisha Monica Celeste ntaragira icyo atangaza ku mugaragaro ku cyemezo cyo
kwamburwa iri kamba.