• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Guverinoma ya Uganda yatangaje ko yafashe ingamba zikomeye zo gukaza umutekano ku mipaka ihuza iki gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), harimo no guhagarika by’agateganyo ingendo z’indege hagati y’ibihugu byombi, mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola gikomeje guteza impungenge mu karere.

Ibi bibaye nyuma y’aho Rwanda na rwo rufashe icyemezo cyo gufunga imipaka yarwo ihuza na RDC kubera ubwiyongere bw’abandura n’abahitanwa n’iki cyorezo.

Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda yavuze ko abantu babiri baturutse muri RDC basanganywe Ebola bageze muri Uganda, umwe muri bo aza kwitaba Imana nyuma yo kuremba. Abantu 127 bahuye na bo bahise bashyirwa mu kato kugira ngo bakurikiranwe no gukorerwa ibizamini, hagamijwe gukumira ko iyi ndwara yakomeza gukwirakwira.

Uganda yavuze ko guhagarika ingendo z’indege no gukaza igenzura ku mipaka ari imwe mu ngamba zihutirwa zigamije kurinda abaturage bayo, cyane cyane ko hari urujya n’uruza rwinshi rw’abaturage, abacuruzi n’abagenzi hagati ya Uganda na RDC buri munsi.

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yavuze ko Ebola ishobora gukumirwa byoroshye kurusha Covid-19 kuko yandurira cyane cyane mu gukoranaho n’umuntu wanduye cyangwa ibintu yakoresheje.

Yashimangiye ko gukaza igenzura ku mipaka, gukurikirana abafite ibimenyetso ndetse no gukangurira abaturage kwirinda ari ingenzi muri uru rugamba.

Ku ruhande rw’Isi, Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryamaze gutangaza ko iki cyorezo cya Ebola kiri muri RDC ndetse kikaba kimaze kugera no muri Uganda ari ikibazo gikomeye cy’ubuzima ku rwego mpuzamahanga. OMS ivuga ko hakenewe ubufatanye bw’ibihugu byo mu karere kugira ngo iki cyorezo kidakomeza gukwira.

Muri RDC, imibare iheruka igaragaza ko Ebola imaze guhitana abantu bagera ku 160, mu gihe abarenga 600 bamaze kuyandura. Abashinzwe ubuzima bavuga ko iyi mibare ishobora gukomeza kwiyongera mu gihe hatakazwa ingamba zikomeye zo gukumira no kuvura abanduye.

Abaturage bo mu karere basabwe gukomeza gukurikiza amabwiriza y’isuku, kwirinda kwegera abantu bafite ibimenyetso bya Ebola no kwihutira kujya kwa muganga igihe bagize umuriro ukabije, kuruka cyangwa kuva amaraso bidasanzwe.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments