Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Sénégal, Malick Ndiaye, yatangaje ko yeguye ku mirimo ye mu gihe igihugu gikomeje kunyura mu ihindagurika rikomeye rya politiki rikurikiye iyirukanwa rya Minisitiri w’Intebe Ousmane Sonko.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X kuri iki Cyumweru, Ndiaye yavuze ko yafashe icyo cyemezo nyuma yo “gutekereza kwimbitse”, ashimangira ko inyungu z’igihugu ari zo zamubereye ishingiro.
Yagize ati: “Hari ibihe biba bisaba gushyira imbere inyungu z’igihugu, ubushishozi no kwiyumvamo inshingano. Ni muri urwo rwego nafashe iki cyemezo.”
Uku kwegura kwabaye nyuma y’amasaha atarenze 48 Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, yirukanye Sonko wari Minisitiri w’Intebe ndetse agasesa Guverinoma yose, ibintu byafashwe nk’ihinduka rikomeye muri politiki y’icyo gihugu.
Malick Ndiaye azwi nk’umwe mu banyapolitiki ba hafi cyane ba Sonko ndetse bombi basangiye urugendo rwa politiki mu ishyaka PASTEF. Nubwo Perezida Faye na Sonko bageze ku butegetsi bafatanyije kandi bafatwa nk’abafatanyabikorwa bakomeye, mu minsi yashize havuzwe kutumvikana hagati yabo ku miyoborere y’igihugu no ku cyerekezo cya Guverinoma.
Amakuru yatangajwe na Radio Mpuzamahanga y'Abafaransa (rfi) avuga ko ukwegura kwa Ndiaye gushobora gufungurira inzira Sonko yo kugirwa Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko, umwanya ufatwa nk’uwa kabiri ukomeye muri Sénégal nyuma y’Umukuru w’Igihugu.
Icyakora, mbere y’uko ibyo bishoboka, Sonko agomba kubanza gusubirana umwanya we wa depite yatsindiye mu matora y’abadepite yo mu 2024. Biteganyijwe ko Inteko Ishinga Amategeko iziga kuri iyo ngingo kuri uyu wa Kabiri.
Kuri uwo munsi kandi, abadepite bazatora Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko, mu matora ashobora kugira uruhare rukomeye mu kugena icyerekezo cya politiki ya Sénégal mu minsi iri imbere.
Abasesenguzi ba politiki bavuga ko Sonko atorewe uwo mwanya, bishobora kongera imbaraga ze muri politiki ya Sénégal nyuma yo gukurwa ku buyobozi bwa Guverinoma, ndetse bikaba byanerekana ko agifite ijambo rikomeye mu ishyaka riri ku butegetsi no mu Nteko Ishinga Amategeko.
Like This Post? Related Posts