Ikipe ya RSSB Tigers yanditse amateka mashya muri Basketball nyarwanda no muri Afurika y’Iburasirazuba nyuma yo kwegukana igikombe cya Basketball Africa League 2026, itsinze Petro de Luanda amanota 90 kuri 88 ku mukino wa nyuma wabereye muri BK Arena i Kigali.
Uyu mukino watangiye nabi kuri RSSB Tigers kuko Petro de Luanda
yigeze kuyirusha amanota 20, ariko iyi kipe yo mu Rwanda igenda igaruka mu
mukino buhoro buhoro ibifashijwemo cyane na Leonard
Craig Randall II watsinze amanota 33 wenyine.
Ni
ubwa mbere RSSB Tigers yari yitabiriye BAL, nyuma yo gusimbura APR BBC mbere
gato y’uko irushanwa ritangira. Ku rundi ruhande, Petro de Luanda yari
yitabiriye buri season ya BAL kuva yatangira mu 2021 ndetse yari yegukanye
igikombe mu 2024.
Randall
II yanatowe nk’Umukinnyi Mwiza w’Irushanwa (MVP), nyuma yo kugaragaza urwego
rwo hejuru rw’imikinire no gutsinda impuzandengo y’amanota 26 kuri buri mukino.
Umukino
wa nyuma waranzwe no kwegerana cyane mu manota kuva mu gace ka kabiri kugeza ku
munota wa nyuma, aho RSSB Tigers yashoboye gukomeza kuyobora no gusoza irusha
Petro de Luanda amanota abiri gusa.
Abakinnyi
n’abatoza ba Petro de Luanda bagaragaje kutishimira bimwe mu byemezo byafashwe
n’abasifuzi mu minota ya nyuma y’umukino, mu gihe abafana bari buzuye BK Arena
bakomeje gushyigikira Tigers kugeza ku ntsinzi.
RSSB
Tigers yashinzwe mu 2019, ariko yongerewe imbaraga mu myaka ibiri ishize nyuma
yo guterwa inkunga na RSSB, bituma ibasha kuzana abakinnyi bafite
ubunararibonye ku rwego mpuzamahanga.
Iyi ntsinzi ishyize RSSB Tigers mu mateka nk’ikipe ya mbere yo mu
Rwanda ndetse no muri Afurika y’Iburasirazuba yegukanye igikombe cya BAL,
irushanwa rifatwa nk’irihuza amakipe akomeye kurusha andi muri Basketball
nyafurika.