• Imikino / FOOTBALL



Abategetsi bo muri Espagne bahagaritse umukino wa gicuti wagombaga guhuza ikipe y'igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) na Chile, nyuma y'impungenge zagaragajwe ku cyorezo cya Ebola cyongeye kuvugwa mu bice bimwe by'iki gihugu cyo muri Afurika yo Hagati.

Uyu mukino wari uteganyijwe kubera mu mujyi wa La Línea de la Concepción uherereye mu majyepfo ya Espagne, ku wa Kabiri tariki ya 09 Kamena 2026, mu rwego rwo gufasha amakipe yombi kwitegura irushanwa ry'Igikombe cy'Isi riteganyijwe gutangira mu minsi mike iri imbere.

Icyemezo cyo guhagarika uyu mukino cyafashwe na Juan Franco, umuyobozi w'uyu mujyi, wasinye iteka ribuza ko umukino uba nk'uko wari warateganyijwe. 

Yavuze ko iki cyemezo cyafashwe nk'ingamba zo gukumira icyahungabanya ubuzima bw'abaturage, hashingiwe ku nama zatanzwe n'inzego z'ubuzima zo mu karere ka Andalusia ndetse n'iz'ibanze muri uwo mujyi.

La Línea de la Concepción ni umujyi utuwe n'abaturage barenga ibihumbi 65, ukaba wegereye umupaka wa Gibraltar. Ubusanzwe wakira ibikorwa bitandukanye by'imikino n'ubukerarugendo, ariko ubuyobozi bwawo bwatangaje ko ubuzima bw'abaturage ari bwo bwashyizwe imbere.

Ku ruhande rwa RDC, Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri iki gihugu (FECOFA) ryatangaje ko abakinnyi, abatoza n'abandi bose bari kumwe n'ikipe bubahirije amabwiriza yose y'ubuzima asabwa ku rwego mpuzamahanga, kandi ko nta mpamvu ifatika yari ikwiye gutuma umukino uhagarikwa.

FECOFA yavuze ko iri mu biganiro n'abayobozi b'umupira w'amaguru muri Espagne ndetse n'inzego bireba kugira ngo harebwe niba icyemezo cyafashwe cyasubirwamo cyangwa hakaboneka ubundi buryo umukino wakinwamo.

Mu gihe imyiteguro yo kwitabira Igikombe cy'Isi ikomeje, ikipe ya DR Congo yamaze kwimurira imyitozo yayo mu Bubiligi. Iyi kipe yari yabanje guteganya kwitoreza i Kinshasa, ariko gahunda iza guhinduka kubera impungenge zijyanye n'icyorezo cya Ebola cyagaragaye mu burasirazuba bw'igihugu.

Biteganyijwe ko Les Léopards izakina undi mukino wa gicuti na Denmark kuri uyu wa Gatatu i Liège mu Bubiligi, mbere yo kwerekeza muri Amerika no muri Mexique aho izakirira imikino yayo y'Igikombe cy'Isi.

Mu irushanwa ry'Igikombe cy'Isi, RDC iri mu itsinda K. Izatangira irushanwa ihura na Portugal i Houston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika tariki ya 17 Kamena 2026, nyuma ijye i Guadalajara muri Mexique gukina na Colombia, mbere yo gusubira muri Amerika gukina na Uzbekistan i Atlanta.

Iki cyemezo cya Espagne cyateje impaka zitandukanye mu bakunzi b'umupira w'amaguru, bamwe bagishyigikira nk'ingamba zo kwirinda ibibazo by'ubuzima rusange, mu gihe abandi bavuga ko gishobora kuba cyafashwe hashingiwe ku bwoba burenze urugero kandi kitajyanye n'amabwiriza mpuzamahanga asanzwe agenga ingendo n'amarushanwa y'imikino.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments