• Amakuru / POLITIKI


Iran yatangaje ko yafunze Inzira ya Hormuz (Strait of Hormuz), imwe mu nzira z’ingenzi ku isi zinyuzwamo peteroli ingana na 20% n’ibindi bicuruzwa, nyuma y’ibitero Israel yakomeje kugaba mu majyepfo ya Lebanon n’ibyo ivuga ko ari ukutubahiriza amasezerano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ingabo zirwanira mu mazi z’ umutwe wa IRGC (Islamic Revolutionary Guard Corps), Iran yaburiye amato yose kutegera iyi nzira, ivuga ko umutekano wayo utagishoboye kwizerwa.

IRGC yavuze ko iki cyemezo gifitanye isano n’ibitero Israel ikomeje kugaba muri Lebanon ndetse n’uko Washington yananiwe kubahiriza ibyo yemeye mu masezerano y’agateganyo yagiranye na Tehran.

Iyi ntambwe yafashwe mu gihe amakimbirane hagati ya Israel na Hezbollah akomeje gukaza umurego. Hezbollah yavuze ko Israel iri kugerageza gusenya amasezerano y’agateganyo hagati ya Iran na Amerika binyuze mu bitero ikomeje kugaba muri Lebanon. 

Uyu mutwe wahakanye ibirego bya Israel biwushinja kurenga ku gahenge k’imirwano, uvuga ko ibyo birego nta shingiro bifite.

Hezbollah yavuze ko kuva ku wa Gatanu Israel yakoze ibikorwa birenga 300 byo kurenga ku gahenge k’imirwano, birimo ibitero byo mu kirere, kurasa ibisasu bya fosifore ndetse n’ibisasu bya cluster bibujijwe n’amategeko mpuzamahanga. Yasabye cyane cyane Amerika n’ibindi bihugu gushyira igitutu kuri Israel kugira ngo yubahirize amasezerano yashyizweho.

Ku ruhande rwa Israel, Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Oren Marmorstein, yavuze ko Hezbollah ari yo ikomeje kurenga ku gahenge k’imirwano. 

Icyakora, amakuru yatangajwe n’umuyoboro wa Channel 12 yavuze ko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, na Minisitiri w’Ingabo, Israel Katz, bategetse ingabo guhagarika ibitero mu majyepfo ya Lebanon, nubwo zikomeza kuguma mu bice zigenzura.

Minisiteri y’Ubuzima ya Lebanon yatangaje ko kuva ku wa 02 Werurwe, ibitero bya Israel byahitanye abantu nibura 4.057, abandi 12.121 barakomereka. Ku wa Gatanu honyine, abantu 83 bishwe naho 141 barakomereka, benshi muri bo bakaba bari mu majyepfo ya Lebanon.

Hagati aho, Iran yatangaje ko yohereje intumwa mu Busuwisi kugira ngo zikurikirane ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yagiranye na Amerika. Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran, Esmail Baghaei, yavuze ko Tehran ishaka kwemeza ko Washington yubahiriza ibyo yemeye.

Yavuze ko Iran ifite amateka yo kubona Amerika itubahiriza amasezerano, bityo ko izakomeza gusaba ibisobanuro no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’inshingano zayo. Yongeyeho ko ibiganiro bigamije kugera ku masezerano ya nyuma bidashobora gutangira neza igihe hari ingingo z’ingenzi zitarubahirizwa.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Pakistan yatangaje ko ibiganiro bya tekiniki hagati ya Iran na Amerika bizatangira ku Cyumweru tariki ya 21 Kamena 2026 i Burgenstock mu Busuwisi. Ibi biganiro bizitabirwa n’abahuza bo muri Pakistan na Qatar hamwe n’intumwa z’ibihugu byombi.

Nubwo Iran yatangaje ko yafunze Inzira ya Hormuz, Ubuyobozi bw’Ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) bwavuze ko ibikorwa by’ubwikorezi bikomeje.

Bwatangaje ko amato y’ubucuruzi 55 yanyuze muri iyo nzira kuri uyu wa Gatandatu, atwaye peteroli irenga miliyoni 17 z’amabarire n’indi mizigo ijya ku masoko mpuzamahanga.

Abasesenguzi bavuga ko ibibazo biri hagati ya Iran, Amerika na Israel bishobora gukomeza kugira ingaruka ku mutekano wo mu Burasirazuba bwo Hagati no ku bukungu bw’isi yose, cyane cyane kubera akamaro gakomeye Inzira ya Hormuz ifite mu bucuruzi bwa peteroli ku rwego mpuzamahanga.

Iran isa nk’iyifata nk’intwaro ya dipolomasi ishobora gukoresha mu guhatira Amerika na Israel kubahiriza ibyo yemeye mu masezerano aherutse gusinywa.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments