Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 20 Kamena 2026 mu karere ka Huye niho hatangiriye ibitaramo bya MTN Iwacu na Muzika Festival 2026 .Ibyo bitaramo bigiye kubera kuri stade ya Kaminuza nkuru y’U Rwanda byitabiriwe n’abaturage benshi bo mu mujyi wa Huye .
Guhera
kw’isaha ya saa tanu imihanda yose yo mu karere ka Huye yari yuzuye
imbaga y’ abantu baganaga kuri Stade ya Kaminuza ari benshi ubona bafite
amashyushyu yo gususurutswa n’abahanzi bakunda .
Kw’isaha ya saa saba umushyushyarugamba yari ageze ku rubyiniro aho yatangiye gususurutsa abantu
Ahagana kw’isaha ya Saa cyenda n’Igice nibwo umushyushyarugamba yahamagaye umuhanzi Polyvalent ukorera umuziki we mu karere ka Huye , yakiriwe neza n’abafana be b’I Huye maze mu njyana ya Kinyatrap yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze nka you , "Amayeri II", "Besto Sharing”, ”Kaliza” na “Amayeri I”.
I saa Kumi nibwo Mc Buryohe na Bianca Baby bageze ku rubyiniro bageze ku rubyiniro maze batangira bashimira abafatanyabikorwa ba MTN Iwacu na Muzika Festival 2026 , maze bakomeza gususurutsa ibihumbi by’abaturage b'I Huye .
Umuhanzi akaba n’umucuranzi ufite ubumuga bw’uruhu Mugaara Aubea wari kumwe na ’band’ ye, bakiriwe ku rubyiniro maze aririmba indirimbo ye yishimiwe na benshi yise Gakondo nyuma atanga ubutumwa ku buzima bwe .
Amalon ni we wambimburiye abandi ku rubyiniro i Huye abafana be bamweretse urukundo n’urukumbuzi mu mwambaro wa costume’ y’umukara n’agatambaro k’umweru mu ijosi ariko ikoti ni rigufi cyane ku buryo rigarukiye mu rukenyerero. Ku mutwe, yambaye ingofero y’umweru y’aba ’cowboy’ yafatanyije kuririmbana nabo indirimboze zirimo Delira, Impanga, Impunzi , Nitabasare'Imana n'izindi ze zakunzwe ’.
Ross Kana niwe wagiye ku rubyiniro ari uwa kabiri yashimishije abafana be bitabiriye igitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival 2026, i Huye nubwo ari ubwa mbere yataramiye I Huye yeretswe urukundo nabiganjemo inkumi maze abaririmbira zimwe mu ndirimbo zenka Molela, Mami, Sesa n’izindi.
Umuraperi Kivumbi King yaserutse neza ku rubyiniro mu njyana ya Hip Hop, i Huye yinjira asuhuza abakunzi bemu ndirimbo zirimo Kiri gute, Pull Up, Yarampaye n’izindi nyinshi
Marina wari waje yiteguye urubyiniro yeretswe urukundo rwinshi maze nawe asusurutsa Ibihumbi by’abateraniye kuri Stade ya UR-Huye bafatanya nawe kuririmba indirimbo ze nyuma yafashe akaruhuko gato agarukana ku rubyiniro na MC/Dj Phil Peter mu ndirimbo yabo bise Bimpame ibintu bihindura isura
Kenny Sol wari waje yahindutse kubera inyogosho y’uruhara mu ndirimbo zirimo Haso, Ikinyafu, Joli, Phenomena n’izindi yasusurukije ab’i Huye maze bamufasha kubyina ibyari ikibuga bihinduka ivumbi
Bushali wari utegerejwe na benshi mu gitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival 2026 yinjiye mu ishusho ya Spiderman yatanze ibhishimo byinshi mu ndirimbo ze nka Kurura, ku Gasima, Kinyatrap n’izindi nyinshi .
Platini usigaye yiyita baba niwe wabaye umuhanzi wa mbere mu begukanye Primus Guma Guma wabimburiye abandi gutaramira Abakunzi ba MTN Iwacu na Muzika Festival 2026 maze mu ndirimbo nka ‘Urare aharyana, Isano, Mumutashye, Attention, Icupa n’izindi. Zab zakunzwe .
Davis D wiyita uwami w’amajyepfo Aherekejwe n’itsinda ry’ababyinnyi bambaye umukara hose kugera ku mutwe, babyina bunamye gake bazunguza imitwe batavuye aho bari, Davis D yinjiriye muri "Biryogo" akurikizaho izindi nyinshi ze zakunzwe asoreza ku ndirimbo Bermuda yakoranye na Bushali
Umuyobozi
w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, yageneye ubutumwa abitabiriye igitaramo cya
MTN Iwacu Muzika Festival 2026.
Yagize ati "Reka nshimire abafatanyabikorwa baduteguriye ibintu byiza
kugira ngo dusoze weekend twishimye. Ibi byose ariko ntabwo twabigeraho
tudafite amahoro n’umutekano kandi ibyo byose tubikesha Perezida wa
Repubulika.”
Chris Eazy niwe wasoje igitaraco cya MTN Iwacu na Muzika
Festival 2026 cyaberaga i Huye ubwo
yageraga ku rubyiniro yatazanz
eibyihsimo ku mbaga y;abantu barenga ibihumbi 15000 mu ndirimbo zirimo “Edeni”, “Basi Sori”
yakoranye na Passy Kizito na “Sekoma”. Bana” yakoranye na Shaffy, ndetse na My
Mind” yaririmbanye na Utah Nice wamusanze ku rubyiniro maze bakishimirwa byo mu
Rwego rwo hejuru .
Igitaramo
cya MTN Iwacu na Muzika Festival 2026 cyateguwe na East
African Promoters (EAP) ku bufatanye na MTN Rwanda, Primus na BPR Bank Rwanda
Plc, biri kuba ku nshuro ya karindwi.
Igitaramo cya MTN Iwacu na Muzika Festival 2026
gikurikira giteganyijwe ku tariki ya 27 Kamena 2026 i Ngoma mu burasirazuba