• Imyidagaduro / IBITARAMO

Nyuma  yo  kwerekanira ubukana n’ubuhangage bwabo mu gitaramo cya  Summer  Country  Tour I Musanze  abahanzi  The  Ben na  Bruce  Melodie bongeye  gucakiranira I Nyagatare .

Ni mu gitaramo cya Kabiri cya  Summer  Country Tour  cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa 20 Kamena 2026 kuri stade Goligota i Nyagatare mu ntara y’Iburasirazuba  aho cyitabiriwe kandi na Bwiza na Kitoko Bibarwa bari kubaherekeza .

 Iki gitaramo cyari kiyobowe n’abanyamakuru  Lucky Nzeyimana na Bertrand  cyatangijwe n’umuziki  wavagwaga na  Dj  RY aho imbaga y’abakunzi  baba bombi bakomeje kugenda  bizuka muri stade kugeza igitaramo gitangiye .

Nkuko bimaze  kumenyerwa Bwiza ukomeje kwerekana  ko ariwe muhanzikazi muri iyi minsi uri kwerekana ko ntawe bahanganye niwe  wabimburiye abandi ku rubyiniro aherekejwe n’itsinda  ry’ababayinnyi basaga 10 maze mu ndirimbo ze nka Gake Gake,Wibeshya, Exchange, Ready, Ahazaza, Yiwe, Best Friend, Ni dange na Iyo twicaranye, asoreza kuri Ogera na Do me zatumye ko abakunzi  bizihirwa byo mu rwego rwo hejuru

Nyuma  ya Bwiza  yakrewe  mu ngata na Kitoko  Bibarwa wari umaze imyaka myinshi adataramira  muri Nyagatare aho nawe yaserukanye  nawe n’ababyinnyi 20 maze  yanzikana indirimbo ze zabiciye bigacika mu myaka yashize  nka Rurabo, Agakecuru, Urukundo, Akabuto, Sibyo na Thank You Kagame yatumye abari muri stade bose babyina  kakahava .

Isaha nyakuri yari itegerejwe n’abafana  ba The Ben  cyageze  maze  nawe nk’umwana wakomeje kugaragaza ko yishimiye gutaramira kw’ivuko i Nyagatare maze mu myambaro izwi nk’ibikoyi  yambarwa n’aborozi bo muri ako gace  ,The Ben wari uherekejwe n’itorero  yaririmbye  zimwe  mu ndirimbo ze  nka Ndi uw’i Kigali, Habibi, Am in love, Sikosa, Ntacyadutanya, Ko nahindutse, Why, Pawa, Ni forever, Naremeye, Ndaje, Roho yanjye, Binkolela, Loose Control, Plenty love na Thank you yasorejeho.

Ibintu byaje   guhindura isura  ubwo Bruce Melodie wateguye  ibi bitaramo bya  Summer  Country  Tour  nawe ukomeje kugaragaza ko  atari umuntu woroshye muri uyu muziki nyarwanda nubwo yari ku gitutu yatewe n’ibyavuzwe nyuma y’igitaramo cyabereye i Musanze aho byavuzwe ko yaubiswe inshuro na The Ben .

Nkuko abamubanjirije ku rubyiniro Bruce Melodie nawe yinjiranye mu ndirimbo ye yakunzwe na benshi Ndumiwe  akurikizaho izindi nyinshi  nka Selebura, Funga macho, Ikinya, Ikinyafu, Akinyuma, Saa moya, Ndakwanga, Nisindiye, Fou de toi, Igitangaza, Ubushyuhe, Munyakazi, Bado, Pom Pom, Kungola, asoreza kuri Henzapu yishimiwe bikomeye n’abakunzi be.

Nyuma  y’icyo gitaramo  gikomeje kuvugwaho  byinshi ku mbuga nkoranyambaga  biteganyijwe ko  ku tariki ya  27 Kamena 2026  hazakurikiraho icya gatatu kizabera  mukarere  ka Nyamata mu gihe ikizasoza kizaba tariki ya 4 Nyakanga  2026 i Rubavu

 



















Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments