• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuhanzi Okkama uherutse gushyira hanze album ye nshya yise ‘Nyamabara’, yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kutazongera gukorerwa indirimbo na Producer Element, amushinja gutinza imishinga ye y’umuziki kugeza aho byamugizeho ingaruka mu rugendo rwe rw’ubuhanzi.

Uyu muhanzi yavuze ko iki cyemezo atagifashe kubera amakimbirane yihariye afitanye na Element, ahubwo ko gishingiye ku buryo yagiye atinda kumuha indirimbo yari yamukoreye, ibintu avuga ko byamubujije guteganya neza ibikorwa bye.

Okkama yiyongereye ku rutonde rw’abahanzi batandukanye bamaze igihe bavuga ko Producer Element atinda gutunganya cyangwa gutanga indirimbo zabo. Mu bagiye babigarukaho harimo Yampano, ndetse na Yago Pon Dat, bombi bavuga ko bahuye n’iki kibazo mu bihe bitandukanye.

Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo Rwanda, Okkama yavuze ko nubwo Element akunzwe na benshi kubera ubuhanga bwe mu gutunganya indirimbo, ibyo bitagombye gutuma abahanzi bategereza igihe kirekire kugira ngo babone ibikorwa byabo.

Yagize ati: “Byatumye abahanzi benshi baba mu gihunga. Ntabwo bishimye. Ntekereza ko production nziza iva kuri producer mwiza, ntabwo iva ku izina.”

Okkama yavuze ko kimwe mu bibazo abona mu muziki nyarwanda ari uko bamwe mu bahanzi bashyira icyizere cyose kuri producer umwe, nyamara gukorana n’abatunganya indirimbo batandukanye bishobora gutuma bavumbura andi mahirwe ndetse n’ubushobozi bushya.

Ati: “Abahanzi bakwiye kwiga gukorana na ba producer benshi, kuko rimwe na rimwe bifasha kumenya ko hari ibindi ushoboye kurusha kwishingikiriza ku muntu umwe.”

Uyu muhanzi yavuze ko we ubwe yamaze gufata umwanzuro ntakuka wo kudasubira gukorana na Element mu gutunganya indirimbo ze.

Ati: “Nafashe icyemezo, njyewe Element ntabwo azongera kunkorera indirimbo. Nta kindi kibyihishe inyuma. Yampano yaraje arabivuga, abantu babifata ukundi, ariko njyewe ntekereza ko Element akeneye guca bugufi. Yazamuwe n’abantu benshi, ageze aho ageze abifashijwemo n’abamushyigikiye, ariko hari aho bigeze bikagaragara ko atakizirikana neza aho yavuye.”

Okkama yavuze ko iki cyemezo atari gishya kuko ngo yagifashe kuva mu 2023, gusa icyo gihe ntiyari yarigeze agitangaza ku mugaragaro.

Yagarutse cyane ku ndirimbo ye “Walahi”, avuga ko ari imwe mu zamuteye gufata uwo mwanzuro nyuma yo kuyitegereza imyaka itatu yose itarasohoka uko yari abyiteze. Ati: “Nta rundi rwango. Naravuze nti aho kugira ngo umuntu akomeze gutinza umushinga wanjye, ibyiza ni uko ntazongera kumwegera.”

Mu gihe Okkama ashinja Element gutinza indirimbo ze, si ubwa mbere izina ry’uyu producer rihuzwa n’iki kibazo. Mu bihe byashize, Yampano yigeze gutangaza ko yahagaritse gukorana na we kubera impamvu nk’izi, mu gihe Yago Pon Dat nawe yavuze ko indirimbo ye ‘Suwejo’ yamaze igihe kinini ayitegereje mbere y’uko ayihabwa.

Ibi bitekerezo bya Okkama bije mu gihe yashyize imbaraga nyinshi mu kumenyekanisha album ye ‘Nyamabara’, avuga ko yayihimbye ashingiye ku byo abona bidakwiye mu ruganda rw’umuziki nyarwanda muri iki gihe, harimo imyitwarire y’abamwe mu bakora inyuma y’amarido y’uyu mwuga.

Nubwo Element ataragira icyo atangaza kuri aya magambo mashya ya Okkama, biragaragara ko ikibazo cyo gutinda kw’indirimbo gikomeje kuba imwe mu ngingo zivugisha benshi mu ruganda rw’umuziki nyarwanda, cyane cyane hagati y’abahanzi n’abatunganya indirimbo babo.

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments