• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuraperi  Ndayishimiye Steven wameneyekanye nka  Major mu itsinda rya  Flat Papers ryakunzwe cyane mu Rwanda mu myaka yashize yagarukanye imbaga nyinshi  mu  ndirimbo ye  Nshya yise Vibes Mpagaze izasohoka  muri EP  ye

 Uyu  muraperi  usigaye utuye muri Mozambique  aho yagiye gukomereza ibikorwa  bisanzwe akaba ari naho ari gukorera Umuziki  we  muri iyi  minsi .

Mu kiganiro  n’umunyamakuru wacu  yamuhishuriye byinshi kuri gahunda ze  mu muziki aho  yamubwiye ko nubwo  atari mu Rwanda ari kwitegura  ibintu byinshi birimo  gushyira hanze EP nshya ndetse no kumurika Alubumu .

 

Yagize  “ sinicaye  ubusa muri iyi minsi  nkuko nabikubwiye namaze gushyira hanze indirimbo yanjye nshya nise “ Vibes Mpagaze akab ari nayo nitiriye  EP yanjye nshya  nzasohora vuba cyane  uretse iyo ndi no ku musozo wa alubumu yanjye nifuza kuzamurikira I Kigali  mu minsi  ya Vuba

 Yakomeje avuga  ko  nubwo  yatangiye guhsyira hanze zimwe mu ndirimbo zigize EP yanjye hari ni zindi nynshi ndi gukorna naba producer bo mu Rwanda ndetse  n’Abahanzi bakomeye mwamenye mu njyana ya Hip Hop nka Mukuru wa Ndayishimiye Berttrand muzia nka Bull Dogg  na bandi benshi muzagenda  mumenya uko indirimbo zizagenda  zisohoka

Major X yamenyekanye cyane mu itsinda rya Flat Papers, ryari riri mu yakunzwe mu muziki nyarwanda mu myaka yatambutse.

Mu gusoza Major X yasabye abakunzi be  batamuheruka gukomeza kumuba hafi ndetse no kumushyigikira mu bikorwa kuko mu minsi  ya vuba cyane azabamurikira ibikorwa byinshi amazeigihe  abahishiye .

 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments