• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu cya Kenya, Kipchumba Murkomen, yatangaje ko abantu 355 bamaze gutabwa muri yombi nyuma y’imyigaragambyo yabaye ku wa Kane hirya no hino mu gihugu, mu rwego rwo kwibuka abahitanywe n’imyigaragambyo ya Gen-Z yabaye mu 2024.

Mu itangazo yasohoye nyuma y’iyo myigaragambyo, Murkomen yavuze ko muri rusange igihugu cyaranzwe n’umutekano n’ituze, ndetse ko nta bikorwa bikomeye by’ubusahuzi, imirwano cyangwa ibikomere byinshi byagaragaye.

Yashimiye Abanyakenya ku bwo gukomeza ibikorwa byabo bya buri munsi no kubahiriza amahoro, avuga ko bitabiriye ubusabe bwa Leta bwo kwirinda ibikorwa bishobora guhungabanya umutekano.

Murkomen yavuze ko kugeza igihe raporo yatangarijwe, abantu 355 ari bo bari bamaze gufatwa, ariko ko uwo mubare ushobora kwiyongera kubera ko iperereza rikomeje.

Abafashwe biteganyijwe ko bazagezwa imbere y’ubutabera ku byaha bitandukanye birimo ubujura bukoresheje urugomo, kwangiza imitungo, kubangamira urujya n’uruza mu mihanda no kugerageza kwiba.

Yanatangaje kandi ko Umuyobozi wungirije w’Agace ka Kariti mu Karere ka Murang’a, Anthony Kadungu, yakomeretse nyuma yo guterwa n’agatsiko k’abantu bari bagerageje gufunga umuhanda muri ako gace.

Mu gusoza, Murkomen yashimiye inzego z’umutekano ku murava n’ubunyamwuga zagaragaje mu gucunga umutekano muri uwo munsi, avuga ko zakemuye ibibazo byagaragaye mu buryo bwihuse kandi butabangamiye abaturage benshi.


Abantu 355 batawe muri yombi mu myigaragambyo yo kwibuka abahitanywe n’iya Gen-Z muri Kenya 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments