Leta ya Ghana yatangaje ko yagiriye inama Perezida w'Afurika y'Epfo, Cyril Ramaphosa, gusubika uruzinduko yari ateganyijwe kugirira muri icyo gihugu kubera impungenge z'umutekano zishingiye ku bushyamirane bumaze iminsi bushingiye ku rwango rwibasira abanyamahanga muri Afurika y'Epfo.
Uru ruzinduko rwari rumaze igihe rutegurwa, rukaba rwari ruteganyijwe mu cyumweru cya mbere cya Kanama. Benshi barubonaga nk'intambwe ikomeye yo kugabanya umwuka mubi umaze igihe hagati ya Ghana na Afurika y'Epfo no kongera gutsura umubano hagati y'ibihugu byombi.
Icyakora, abaturage benshi bo muri Ghana bagaragaje impungenge ko uruzinduko rwa Ramaphosa rushobora gukurura imyigaragambyo ikomeye, bitewe n'uburakari bwatewe n'ihohoterwa rikomeje gukorerwa abanyamahanga muri Afurika y'Epfo.
Ku wa Kabiri, umuvugizi wa Leta ya Ghana, Felix Kwakye Ofosu, yabwiye BBC ko urwo ruzinduko rutakibaye muri iki gihe.
Yagize ati: "Twashyikirije uruhande rwa Afurika y'Epfo ubutumwa bugaragaza ko byaba byiza urwo ruzinduko rusubitswe, bitewe n'uko umwuka uriho ubu ujyanye n'urwango rwibasira abanyamahanga ushobora guteza ibibazo by'umutekano."
Ku ruhande rwa Afurika y'Epfo, umuvugizi wa Perezida, Vincent Magwenya, yavuze ko nubwo uruzinduko rusubitswe, igihugu cye gikomeje kwiyemeza gushimangira umubano n'ubufatanye hagati y'ibihugu byombi, yise "ibihugu by'abavandimwe", no guteza imbere gahunda zigamije ubumwe n'iterambere rya Afurika.
Umwuka mubi hagati y'ibi bihugu wakajijwe n'ibyabaye ku Munya-Ghana Emmanuel Asamoah, wari utuye muri Afurika y'Epfo, aho yasagariwe n'abaturage bamusaba gusubira iwabo.
Kuva icyo gihe, Ghana imaze gucyura abaturage bayo barenga 900 ibakuye muri Afurika y'Epfo, mu gihe abandi basaga 900 na bo biteganyijwe ko bazacyurwa mu byumweru biri imbere.
Si Ghana yonyine iri gufata izi ngamba. Ibindi bihugu byo muri Afurika, birimo Nigeria, na byo bikomeje gutahukana abaturage babyo babakuye muri Afurika y'Epfo kubera impungenge z'umutekano.
Ibi birerekana uko ikibazo cy'urwango rwibasira abanyamahanga gikomeje kugira ingaruka ku mubano wa dipolomasi hagati ya Afurika y'Epfo n'ibindi bihugu byo ku mugabane wa Afurika, ndetse kikaba kiri no gutuma ibihugu bifata ingamba zo kurinda umutekano w'abaturage babyo.
Ghana yagiriye inama Perezida Ramaphosa yo gusubika uruzinduko kubera impungenge z'umutekano
Like This Post? Related Posts