Ikigo cya Dangote
Group cyo muri Nigeria cyemeje ko kigiye kubaka uruganda rwacyo runini
rutunganya peteroli muri Afurika y'Iburasirazuba ku kirwa cya Lamu muri Kenya,
rivanaho amakuru yari amaze igihe avugwa ku hantu uyu mushinga wari
kuzashyirwa.
Ku wa
Kabiri, umuyobozi mukuru muri Dangote Industries Limited ushinzwe ibijyanye na
peteroli na gaz, Edwin Devakumar, yatangaje ko urwo ruganda ruzaba rufite
ubushobozi bwo gutunganya barili 700.000 za peteroli ku munsi. Yabitangarije
AFP, asobanura ko ruzaba rusa n'uruganda runini Dangote yubatse muri Nigeria.
Uyu mushinga
uzubakwa ku kirwa cya Lamu kiri ku nkombe z'inyanja ya Kenya, mu gihugu gifite
ubukungu bunini kurusha ibindi muri Afurika y'Iburasirazuba. Biteganyijwe ko
ibikorwa byo kurwubaka bizamara hafi amezi 30.
Mbere yo
gufata iki cyemezo, Tanzania na yo yari iri mu bihugu byatekerezwagaho nk'aho
uru ruganda rwashoboraga kubakwa.
Mu mpera
z'ukwezi gushize, umuherwe wo muri Nigeria Aliko Dangote yagiriye uruzinduko
muri Tanzania aho yagiranye ibiganiro na Perezida Samia Suluhu Hassan.
Ibiro
by'Umukuru w'Igihugu wa Tanzania byatangaje ko Dangote yasobanuye impamvu
z'ubucuruzi n'iz'ubuhanga zatumye itsinda rye rifata icyemezo cyo kubaka uru
ruganda i Lamu aho kurwubaka muri Tanzania.
Dangote
yanatumiye Tanzania kwinjira muri uwo mushinga nk'umufatanyabikorwa mu
ishoramari rizakorerwa i Lamu.
Mbere y'aho,
Dangote yari yaratangaje ko ashobora kubaka uru ruganda mu mujyi wa Mombasa
muri Kenya, ariko nyuma aza guhitamo Lamu.
Kugeza ubu,
uruganda rwa Dangote rutunganya peteroli rwo muri Nigeria, rufite ubushobozi
bwo gutunganya barili 650.000 ku munsi, rwatangiye gukora mu mwaka wa 2024
kandi ni rwo runini ku mugabane wa Afurika.
Dangote
afite gahunda yo kongera ubushobozi bwarwo bukagera kuri barili miliyoni 1,4 ku
munsi bitarenze 2028, ibintu byazarugira uruganda rutunganya peteroli runini
kurusha izindi ku isi.
Like This Post? Related Posts