Umunyamerika
wamamaye mu bijyanye no gukora imyitozo ngororamubiri no gusangiza abantu
ubuzima buzira umuze, Ashton Hall, yatangaje ko atabashije gusura Uganda nk'uko
yari yarabiteguye, bitewe n'amabwiriza yashyizweho kubera icyorezo cya Ebola.
Uyu mugabo
w'imyaka 30 yari yatangiye urugendo rwe muri Afurika ku wa 28 Kamena 2026, aho
mu byumweru bibiri yamaze asuye ibihugu birimo Ghana, Benin, u Rwanda na
Nigeria.
Mu rugendo
rwe, Ashton Hall yagaragaje uburyo akunda gukorana imyitozo yo mu gitondo
ndetse anitabira ibikorwa by'umuco n'imibereho y'ibihugu yasuraga.
Ibi
byakurikiwe cyane ku mbuga nkoranyambaga, by'umwihariko nyuma yo kugaragara ari
kumwe n'umunyarwanda ukora ibikorwa byo kwigisha imyitozo ngororamubiri uzwi
nka Ashton Small ‘Kagarara’, bagirana ibihe byashimishije benshi.
Nubwo Uganda
yari iri mu bihugu yari ateganya kugeramo, yavuze ko byabaye ngombwa ko
ayikuraho ku rutonde rw'urugendo rwe.
Mu kiganiro
yagiriye ku rubuga rwa internet ari kuvugana n'abamukurikira, Ashton Hall
yasobanuye ko no kuba indege ye yari guhagarara muri Uganda byonyine (layover),
byari gutuma ahura n'ingaruka zikomeye igihe yari kuba asubiye muri Leta Zunze
Ubumwe za Amerika.
Yagize ati:
"Iyo unyuze muri Uganda cyangwa indege yawe igahagararayo, ntabwo uhita
wemererwa kuva muri Afurika. Iyo mba ntaramanukiye i Las Vegas, bari kunyohereza
kongera kuguma muri Afurika indi minsi 20. Ibyo ni ukubera ko bavuga ko hari
icyorezo kiri kwaduka cya Ebola."
Aya
mabwiriza ari mu ngamba zashyizweho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika hagamijwe
gukumira ko icyorezo cya Ebola cyakwinjira muri icyo gihugu binyuze ku bagenzi
baturutse mu bice byugarijwe n'iki cyorezo.
Nubwo
atabashije kugera muri Uganda, Ashton Hall yashimiye uburyo yakiriwe mu bihugu
yasuye, cyane cyane u Rwanda, aho ibikorwa bye by'imyitozo ngororamubiri
n'ubukerarugendo byashimangiwe n'ibihumbi by'abamukurikira ku mbuga
nkoranyambaga.
Ashton Hall
yasubiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere
tariki 13 Nyakanga 2026, ni nyuma y’iminsi itanu yari ishize ari mu Rwanda.
Ari mu
Rwanda, yasuye ibikorwa yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi
ruherereye ku Gisozi, BK Arena, Stade Amahoro, Zaria Courts, Kigali Universe,
mu Bigogwe ndetse yasuye umuhanzi The Ben mu rugo iwe.
Ni urugendo
yakoze ari kumwe na Ashton Hall wamamaye nka ‘Kagarara’ ndetse na Ashton
Indian.
Like This Post? Related Posts