Itsinda ry’abanyamategeko bahagarariye bamwe mu Banyekongo, barimo abakomoka mu gace kahoze ari Katanga, ryagejeje ikirego mu Rukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (ICC) ruri i La Haye mu Buholandi, bashinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibikorwa bavuga ko bishobora kuba ibyaha byibasiye inyokomuntu.
Iki kirego cyatanzwe ku wa 10 Nyakanga 2026, aho aba banyamategeko
bavuga ko hari ibikorwa 11 byabaye mu bice bitandukanye bya RDC bigaragaza
ihohoterwa rikomeye rikorerwa abaturage.
Mu
byo bagaragaje harimo impfu z’abagororwa n’imvune zakurikiye imvururu zabereye
muri gereza ya Makala mu 2024 ubwo habaga igerageza ryo gutoroka, ndetse
n’ibikorwa by’ubwicanyi bavuga ko byabereye mu mijyi ya Lubumbashi, Kolwezi
n’ahandi mu gace ka Katanga.
Umunyamategeko
Hervé Diakiese yavuze ko bamwe mu bashinjwa kuba baragize uruhare muri ibyo
bikorwa barimo n’umutwe w’urubyiruko uzwi nka Force du Progrès ufitanye isano
n’ishyaka UDPS riri ku butegetsi.
Yavuze
kandi ko hari amagambo yavuzwe n’abantu bamwe bo mu nzego z’ubuyobozi ashingiye
ku moko, avuga ko ashobora guteza amacakubiri hagati y’Abanyekongo.
Ku
ruhande rwe, umunyamategeko Bernard Maingain yavuze ko kuba inzego z’ubutabera
zo muri RDC zitarafashe ingamba zihagije kuri ibyo birego ari byo byatumye
bajya kureba ubutabera mpuzamahanga.
Yagize
ati ko ikirego cyatanzwe hakurikijwe ingingo ya 15 y’Amasezerano ya Rome
ashyiraho ICC, kandi ko urukiko rufite inshingano yo kugisuzuma.
Iki
kirego kandi cyashyikirijwe inzego z’ubutabera mu Bubiligi, kubera ko bamwe mu
bantu bavugwa muri iki kibazo bafite ubwenegihugu bw’u Bubiligi.
Ubu ICC igomba kubanza gusuzuma niba hari impamvu zihagije zatuma
itangira iperereza ku byaha bivugwa cyangwa niba nta mpamvu yo gukomeza iki
kibazo.