Umuryango
w'Ubumwe bw'u Burayi (EU) watangaje ibihano bishya birimo kubuza kugura,
kwakira, kohereza no kwinjiza zahabu ikomoka muri Sudani, mu rwego rwo gukaza
igitutu ku mpande zihanganye mu ntambara imaze imyaka irenga itatu muri iki
gihugu.
Iri tangazo
ryashyizwe ahagaragara ku wa Mbere, rikubiyemo kandi ibihano bibuza kugurisha,
gutanga, kohereza cyangwa kohereza muri Sudani mercure (merikire) na cyanure,
imiti ikoreshwa cyane mu bucukuzi no gutunganya zahabu.
Ubumwe bw'u
Burayi bwatangaje ko ibi bihano bigamije kugabanya amafaranga impande
zihanganye zikura mu bucuruzi bw'iyo zahabu. Bivugwa ko ubucuruzi bw'iki cyuma
cy'agaciro ari imwe mu nkomoko y'inkunga ifasha ingabo za Leta ya Sudani
n'umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) gukomeza imirwano yatangiye muri Mata
2023.
Nk'uko
Brussels ibisobanura, zahabu icukurwa muri Sudani ikunze kujyanwa
gutunganyirizwa mu bihugu byo mu Karere ka Golfe mbere yo koherezwa ku masoko
mpuzamahanga, cyane cyane ayo mu Burayi no muri Aziya. Kubuza iyinjizwa ryayo
mu bihugu by'Ubumwe bw'u Burayi ni imwe mu ngamba zigamije guca intege
ubucuruzi bushobora gutera inkunga intambara.
Ibi bihano
ni bimwe mu byafatiwe icyarimwe imitwe yitwara gisirikare n'ingabo za Leta ya
Sudani zikomeje guhangana kuva muri Mata 2023, amakimbirane yakuruye ibihumbi
by'abamaze kwicwa ndetse n'abandi babarirwa muri za miliyoni bamaze guhunga
ingo zabo.
Umuryango
w'Abibumbye (Loni) uvuga ko iyi ntambara yateje ibibazo bikomeye by'ubutabazi
kurusha ibindi ku isi muri iki gihe, aho abaturage benshi babuze ibiribwa,
ubuvuzi n'aho kuba, mu gihe ibikorwa by'ubutabazi bikomeje guhura n'imbogamizi
z'umutekano.
Ubumwe bw'u
Burayi bwatangaje ko buzakomeza gukoresha ibihano bya dipolomasi n'ubukungu mu
rwego rwo gushishikariza impande zose zihanganye guhagarika imirwano no
gusubukura ibiganiro bigamije kugarura amahoro n'ituze muri Sudani.
Like This Post? Related Posts