Mu gihe abakunzi b’imideli ndetse n’imyidagaduro muri Kigali bari bamaze iminsi bitegura ibirori by’ by’Agaciro Fashion Gala &Entertainment Awards 2026 byari bigeye ku ku nshuro ya Kabiri Ubuyobozi bwabyo bwatangaje ko bwabyimuriye ku yindi tariki .
Mu itangazo
dufitiye kopi ryasinyweho n’Umuyobozi wa Agaciro Fashion Gala & Entertainment
Awards Madamu Josee Ufitinema
riravuga ko kubera impamvu zitandukanye
babyimuriye indi itariki
Iryo tangazo
riragira riti “Tunejejwe no kumenyesha
Abashyitsi bacu b’agaciro ,Abafatanyabikorwa ,Abaterankunga, Abakandida ,
Itangazamakuru ndetse n’abaturage muri
rusange ko ibirori by’Agaciro Fashion Gala & Entertainment Awards byari
bigiye kuba ku nshuro ya 2 byimuriwe
tariki ya 31 Nyakanga 2026 .Aho
kuba ku wa 18 Nyakanga 2026 nkuko twari
twabibamenyesheje .
Rikomeze
rigira riti” Iki cyemezo cyafahswe
bitewe n’Impamvu zitunguranye
zagize ingaruka ku myiteguro ya
nyuma y’iki gikorwa .
Rivuga kandi
ko kongera iminsi mike ko bizabafasha
kurangiza neza imyiteguro no kubagezaho igikorwa kiri ku rwego rwo hejuru nkuko twabyiyemeje .
Ubuyobozi
bw’Agaciro Fashion Gala &
Entertainment Award kandi bwaboneyeho
gusaba imbabazi ku ngaruka zizo
mpinduka zishobora kubagiraho
kandi bubashimira ukwihangana ,
kubwumva no gukomeza kubushyigikira .
Ku bijyanye
n’Amatike Josee yavuze ko yose yamaze kugurwa azakomeza kugira agaciro ku tariki nshya ibirori byimuriweho ndetse
ko aho igikorwa kizabera bazahatangaza mu minsi ya vuba,
Ubuyobozi bwasoje buvuga ko buszishimira kubonana nabo ku tariki ya 31 Nyakanga 2026 mu birori byihariye byo kwizihiza Imyambarire,Imyidagaduro ndetse n’Indashyikirwa