Yanditswe na DUSHIMIMANA Elias
Abaturage batuye mu Mudugudu wa Terimbere Akagari ka Mugari umurenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze bakomeje guhangayikishwa n’indwara y’amaso yari yazonze abatari bake.
Amakuru aturuka muri uyu mudugudu wa Terimbere, avuga ko iyi ndwara ikiza yabanje guhangayikisha abaturage bitewe nuko itari imenyerewe aho batuye.
Ku bufatanye n’abaturage ndetse n’inzego z’ubuyozi zirimo iz’ubuzima, ubwo byamenyekanaga ko iyi ndwara hari abaturage bayirwaye, bahise bihutira kubasuzumisha noneho basanga abayirwaye bagera kuri 45 bo mu ngo 26.
Ubuvuzi bahawe n’abaganga ndeste n’abaforomo bakorera mu bitaro bya Ruhengeri hamwe n’inzego z’ubuzima muri uyu murenge byu mwihariko abajyanama b’ubuzima, byatanze umusaruro kuko benshi muri bo batangiye gukira.
Iyi ndwara ubwo yari ikimenyekana, hari abatangiye kuyitiranya n’icyorezo bitewe nuko yafataga ariko bamwe mu baganga basuzumye aba barwayi bijeje aba baturage n’ubuyobozi ko idakanganye cyane gusa ariko babatangariza ko igihe itirinzwe ngo hirindwe umwanda ishobora kwandura.
Iyi ndwara bivugwa ko ishobora kwandura binyuze mu mwanda, urugero nk’amasazi iyo aje agakora ku matembabuzi aturuka mu maso y’umuntu uyirwaye ishobora kuyikwirikwiza ikagera ku batayirwaye.
Iyi ndwara yafatiranywe itaragera mu yindi midugudu igize akagari ka Mugari, nubwo ubushakashatsi bwayikoreweho butaratangazwa ngo hamenyekane inkomoko yayo, hari abari batangiye kuyitiranya n’uburwayi bwo mu bwoko bw’Umutezi (Gonococcal conjoctivatis), aho uwayirwaye azana ibintu bifashe ku maso bibuza uwayirwaye kubumbura amaso
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shingiro, Hanyurwabake Théoneste, mu kiganiro yagiranye na BTN yemeje aya makuru ,avuga ko iyi ndwara imaze gufata abantu 45 ariko nyuma yuko abayirwaye bahawe imiti hari bamwe batangiye gukira.
Uyu muyobozi yaboneye gusaba abaturage gukomeza kurangwa n’isuku kuko aribwo buryo bwonyine bushobora kuyihashya itaragera kure.
Yagize ati “Nibyo iyi ndwara irahari ariko si icyorezo nkuko byari byatangajwe na bamwe mu baturage babashije kubona abo barwayi. Abarwayi uko ari 45 bayanduye bose bahawe imiti, batangiye gukurikiranywa kuburyo benshi muri bo batangiye gukira."
Akomeza ati" Abaturage bagomba gukomeza kwitwararika bakagira isuku kuko byabafasha kuyikumira.”
Umuyobozi yakomeje avuga ko iyi ndwara atari ubwa mbere irwajwe muri uwo mudugudu, kuko avuga ko ahanini iterwa n’umwanda.
Iyi ndwara y’amaso si muri aka gace igaragaye bwa mbere gusa icyateye inkeke nuko yarwawe n’abaturage benshi.