• Ikoranabuhanga / MURANDASI

Akarere ka Bugesera gashobora kuba ari ko kazubakwamo Ikigo cy’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga rya Nikileyeri (Centre for Nuclear Science and Technology – CNST), nyuma y'uko impuguke zaturutse mu Kigo Mpuzamahanga gishinzwe Ingufu za Nikleyeri (IAEA) zisuye ahateganyijwe kuzubakwa iki kigo mu Murenge wa Gashora.

Uru ruzinduko rwabaye mu rwego rw'igenzura riri gukorwa n'itsinda rya IAEA binyuze muri gahunda yiswe Integrated Nuclear Infrastructure Review Mission for Research Reactors (INIR-RR), igamije gusuzuma niba u Rwanda rufite ubushobozi n'ibyangombwa bikenewe mbere yo gutangiza gahunda yo kubaka reyakitara (research reactor) ikoreshwa mu bushakashatsi.

Muri uru rugendo, impuguke za IAEA zari kumwe n'abayobozi b'Ikigo cy'u Rwanda gishinzwe Ingufu za Nikileyeri (Rwanda Atomic Energy Board – RAEB) ndetse n'abahagarariye izindi nzego za Leta zifite aho zihuriye n'uyu mushinga.

RAEB yatangaje ko uru ruzinduko rwabaye ku wa 18 Nyakanga 2026, rukaba ari imwe mu ntambwe z'ingenzi mu rugendo rw'u Rwanda rwo kwitegura gukoresha ikoranabuhanga rya nikleyeri mu buryo bw'amahoro.

U Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu gutegura gahunda y'igihe kirekire yo gukoresha ingufu za nikleyeri, hagamijwe kongera amashanyarazi igihugu gitanga no guhaza ubukene bukomeje kwiyongera.

Leta y'u Rwanda ifite intego yo kuzaba itanga megawati 1,500 zituruka ku ngufu za nikleyeri bitarenze umwaka wa 2050.

Ibi bije mu gihe imibare ya Leta igaragaza ko mu myaka icumi iri imbere igihugu kizaba gikeneye amashanyarazi arenga megawati 5,000, mu gihe kuri ubu ubushobozi bwo kuyatanga buri hafi ya megawati 406.

Abayobozi bavuga ko kongera amasoko y'ingufu zirambye ari imwe mu nzira zizafasha igihugu kugera ku ntego zacyo z'iterambere n'ikorwa ry'inganda.

Biteganyijwe ko Centre for Nuclear Science and Technology izaba irimo research reactor, idateganyijwe kubyaza amashanyarazi ahubwo izakoreshwa mu bushakashatsi, amahugurwa no guteza imbere ubumenyi mu ikoreshwa rya nikleyeri.

Iki kigo kizafasha mu:guteza imbere ubushakashatsi bwa siyansi; guhugura abanyeshuri n'inzobere mu bya nikleyeri; guteza imbere ubuvuzi bukoresha ikoranabuhanga rya nikileyeri,guteza imbere ubuhinzi n'umutekano w'ibiribwa,gukoresha nikileyeri mu nganda,kurengera ibidukikije no gukurikirana impinduka z'ikirere.

Abasesenguzi bavuga ko kubaka iki kigo bizafasha u Rwanda kugira inzobere zarwo no kongera ubushobozi bw'ibigo by'ubushakashatsi n'amashuri makuru.

Uyu mushinga ni umwe mu nkingi z'ubufatanye hagati y'u Rwanda n'u Burusiya mu gukoresha ikoranabuhanga rya nikleyeri mu bikorwa by'amahoro.

Muri Kamena 2026, u Rwanda n'ikigo cya Leta y'u Burusiya gishinzwe ingufu za nikleyeri, Rosatom, bashyize umukono ku nyandiko y'inzira (roadmap) igena uburyo bazafatanya mu gutegura ikoreshwa rya Small Modular Reactors (SMRs), ari zo reyakitara nto zigezweho zitezweho koroshya ikoreshwa ry'ingufu za nikleyeri.

Iyo gahunda ikubiyemo: gukora inyigo za tekiniki,guhugura no kubaka ubushobozi bw'abakozi,gutegura amategeko n'amabwiriza agenga uru rwego,no kubaka ubushobozi bw'inzego zizagenzura ikoreshwa ry'ingufu za nikleyeri.

Iyi roadmap yubakiye ku masezerano y'ubufatanye yasinywe hagati y'u Rwanda n'u Burusiya mu 2019, agamije gushyiraho Ikigo cy'Ubumenyi n'Ikoranabuhanga rya Nikleyeri.

Niramuka yemejwe burundu, umushinga wa CNST uziyongera ku yindi mishinga minini iri kubakwa mu Karere ka Bugesera, harimo Ikibuga Mpuzamahanga cy'Indege cya Bugesera, ibikorwa by'inganda, ibikorwaremezo n'imiturire.

Kubaka iki kigo muri Bugesera byitezweho gutuma aka karere kaba ihuriro ry'ubushakashatsi, ikoranabuhanga n'iterambere ry'ingufu, ndetse bikagira uruhare mu rugendo rw'u Rwanda rwo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi n'ikoranabuhanga.

Mu gihe IAEA ikomeje gusuzuma aho u Rwanda rugeze rwitegura uyu mushinga, abayobozi bemeza ko kubaka Centre for Nuclear Science and Technology bizaba intambwe ikomeye izafasha igihugu kubaka ubushobozi bwa tekiniki n'inzobere zikenewe mu rugendo rwo gukoresha ingufu za nikleyeri mu buryo bw'amahoro no guteza imbere ubuzima n'ubukungu bw'igihugu.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments