Nyuma y’imyaka
igera ku munani abagize itsinda ry’Urban Boys ridahurira ku
rubyiniroryategu ryateguje Igitaramo rizataramiramo abakunzi baryo i Kigali mu gitaramo cyiswe “Replay
Vol. 1”, kizaba ku wa 8 Kanama 2026, nyuma y'uko rizaba ryagaragaye mu iserukiramuco
rya MTN Iwacu Muzika Festival rizabera mu Karere ka Rubavu ku wa 1 Kanama 2026.
Iki gitaramo
gitegerejwe na benshi kizaba kigamije kwizihiza isabukuru ya Zaria Courts,
ikomeje gutegura ibikorwa bitandukanye byo gususurutsa abakiriya bayo ndetse n'abakunzi
b'imyidagaduro.
Nyuma
y'imyaka itari mike abagize Urban Boys badakunze kugaragara bahurira ku
rubyiniro, kongera gukora ibitaramo biri kwakirwa neza n'abakunzi b'umuziki
nyarwanda, benshi bavuga ko ari amahirwe yo kongera kwibuka ibihe iri tsinda
ryari ku isonga mu Rwanda.
Safi MadibaUmwe mubagize Urban Boys
yatangaje ko bishimiye uburyo
bakomeje kubona amahirwe yo kongera kwegera abakunzi babo.
Yagize ati:"Nk'uko
bisanzwe, twifuza kuririmbira abafana bacu aho bari hose. Twishimiye amahirwe
twahawe na Zaria Courts yo kongera guhurira n'abakunzi bacu mu gitaramo
kizabera i Kigali."
Yavuze ko
iki gitaramo kizabafasha kongera gusabana n'abakunzi babo no kubashimira uburyo
bakomeje kubashyigikira n'ubwo itsinda ryari rimaze igihe ridakora ibitaramo
byinshi.
Safi Madiba
yanagaragaje ko ibitaramo bibiri bimaze kwemezwa atari byo bya nyuma.
Yavuze ko
Urban Boys iri mu biganiro n'abandi bategura ibitaramo, bityo hakaba hari
amahirwe menshi ko abakunzi b'iri tsinda bazakomeza kuribona ku rubyiniro mu
bihe biri imbere.
Ibi byatumye
benshi batangira kwizera ko Urban Boys ishobora kongera gukora ibitaramo
byinshi nk'uko byahoze mu bihe byayo by'ubwamamare.
Mu gitaramo
cya Replay Vol. 1, Urban Boys ntizaba yonyine kuko izafatanya n'umuhanzi Amalon,
umaze kubaka izina mu muziki nyarwanda.
Ku ruhande
rw'abavangamiziki, Selekta Faba ni we uzavanga imiziki muri icyo gitaramo, mu
gihe Lucky Nzeyimana ari we uzaba ayobora ibirori (MC), ibintu bitegerejweho
kongera uburyohe bw'igitaramo.
Biteganyijwe
ko amatike azatangira kugurishwa mbere y'umunsi w'igitaramo kugira ngo
abazacyitabira babashe kwitegura hakiri kare.
Kwamamaza Replay
Vol. 1 byakiriwe neza ku mbuga nkoranyambaga, aho abakunzi ba Urban Boys
bagaragaje ko bamaze igihe bategereje kongera kubona iri tsinda rikora
igitaramo cyaryo cyihariye.
Urban Boys
ni rimwe mu matsinda yasize amateka akomeye mu muziki nyarwanda, aho ryamamaye
binyuze mu ndirimbo zakunzwe zirimo Sipiriyani, Bibaye, Take Off, Ninjye, Super
Star n'izindi nyinshi.
Ku bakunzi
b'umuziki nyarwanda, Replay Vol. 1 ntabwo ari igitaramo gisanzwe, ahubwo ni
umwanya wo kongera kwishimira umurage Urban Boys yasize mu muziki no kongera
guhura n'itsinda ryagize uruhare rukomeye mu kuwuteza imbere.
Biteganyijwe
ko kwinjira mu gitaramo cya Urban
Boys bise Replay Vol 1
kizaba tariki ya 8 Kanama 2026
muri zaria Court kwinjira bizaba ari
amafaranga 7,000 Frw ku itike isanzwe (Regular) na 15,000 Frw ku itike
ya VIP.
Like This Post? Related Posts