Abakunzi
b'umuziki nyafurika batuye mu Burayi, by'umwihariko muri Czech Republic no mu
bihugu bihaturanye, bagiye kongera guhurira mu iserukiramuco rya Afrostrava
Festival 2026, rizaba ku wa 14 no ku wa 15 Kanama 2026 mu mujyi wa Ostrava,
ahazwi nka DOV (Dolní Vítkovice).
Ni
iserukiramuco rigamije guteza imbere umuco n'umuziki wa Afurika, rihuza
abahanzi batandukanye ndetse n'abakunzi b'umuziki baturuka hirya no hino ku
Isi.
Mu bahanzi
bazaririmbamo ku wa 15 Kanama, harimo umunya-Nigeria CKay, wamamaye ku rwego
mpuzamahanga mu ndirimbo zirimo Love Nwantiti na Emiliana. Azifatanya
n'abahanzi b'Abanyarwanda Nel Ngabo na Kivumbi King, bakomeje kwigarurira
imitima ya benshi binyuze mu muziki wabo.
Nel Ngabo
azataramira abakunzi be mu ndirimbo zakunzwe zirimo Nzagukunda, Si Belle
n'izindi, mu gihe Kivumbi King ategerejwe mu ndirimbo zirimo Wait, Muganga
ndetse n'izindi zakunzwe cyane.
Afrostrava
Festival imaze kuba kimwe mu bikorwa bikomeye bihuza Abanyafurika baba mu
Burayi, aho usanga ari umwanya mwiza wo gusabana, kwerekana umuco wa Afurika no
guteza imbere ubuhanzi bw'abahanzi bakomoka kuri uyu mugabane.
Abategura
iki gitaramo batangaje ko amatike yamaze gushyirwa ku isoko, kandi ashobora
kugurwa binyuze ku rubuga afrostrava.cz. Banashyizeho promocode
"RWCOM30" ifasha abazagura amatike kubona igabanyirizwa rya 30%.
Iki gitaramo
gitegerejwe na benshi, cyane cyane Abanyarwanda batuye i Burayi, bitewe n'uko
kizaba ari amahirwe yo kongera kubona Nel Ngabo na Kivumbi King ku rubyiniro
rumwe n'umuhanzi w'icyamamare CKay.
Biteganyijwe
ko Afrostrava Festival 2026 izitabirwa n'abantu baturutse mu bihugu
bitandukanye byo ku Mugabane w'u Burayi, bikarushaho kwerekana uburyo umuziki
nyafurika ukomeje kwamamara no guhuza abantu b'ingeri zitandukanye ku rwego
mpuzamahanga.