Ishyirahamwe
ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rishobora kubona inkunga igera kuri miliyoni
40 z’Amadolari ya Amerika (asaga miliyari 60 Frw) hagati ya 2027 na 2030, mu
gihe gahunda nshya yategetswe na FIFA yo kongera amafaranga agenerwa
amashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi yose yaramuka yemejwe.
Iyo gahunda
yashyizwe ahagaragara na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, mbere y’Inteko
Rusange idasanzwe ya FIFA, igamije kongera ku buryo bugaragara inkunga ihabwa
amashyirahamwe 211 agize uyu muryango, kugira ngo arusheho guteza imbere
umupira w’amaguru mu bihugu byayo.
Mu gihe yaba
yemerewe, iyi nkunga yaba ari yo nini kurusha izindi zose FERWAFA yaba yarigeze
ihabwa na FIFA kuva gahunda ya FIFA Forward yatangira.
Amafaranga
ashobora gukoreshwa mu kubaka no kuvugurura ibikorwa remezo by’umupira
w’amaguru, guteza imbere amarerero y’abakiri bato, kuzamura umupira w’abagore,
guhugura abatoza n’abasifuzi, ndetse no gushyigikira amarushanwa n’umupira
w’amaguru uhera ku rwego rw’ibanze.
Nk’uko FIFA
ibisobanura, amafaranga ateganyijwe agizwe n’ibice bibiri bitandukanye.
Icya mbere
ni inkunga yihariye ya miliyoni 20 z’Amadolari ya Amerika (hafi miliyari 30
Frw) izatangwa rimwe gusa binyuze muri gahunda nshya yiswe FIFA Fast Forward
Programme, igamije gushyigikira imishinga minini y’iterambere.
Icya kabiri
ni andi miliyoni 20 z’Amadolari azatangwa binyuze muri gahunda isanzwe ya FIFA
Forward mu gihe cya 2027–2030, asimbura uburyo busanzwe bwari bukoreshwa. Aya
mafaranga azagenda atangwa mu byiciro mu gihe cy’imyaka ine, hashingiwe ku
mishinga yemejwe no kubahiriza ibisabwa na FIFA.
Muri gahunda
ya FIFA Forward 3.0 ikubiyemo imyaka ya 2023–2026, buri shyirahamwe ry’umupira
w’amaguru rishobora kubona inkunga igera kuri miliyoni 8 z’Amadolari mu myaka
ine.
Mu gihe
gahunda nshya yemezwa, inkunga isanzwe yonyine yazamuka ikagera kuri miliyoni
20 z’Amadolari, bivuze izamuka rya 150%. Iyo hiyongereyeho inkunga yihariye ya
Fast Forward, FERWAFA ishobora kugera kuri miliyoni 40 z’Amadolari mu myaka
ine.
Iyo nkunga
ishobora gutuma u Rwanda rwihutisha kubaka ibikorwaremezo bishya bya ruhago,
kongera amarerero y’abato, guteza imbere umupira w’abagore, kongera ubushobozi
bw’abatoza n’abasifuzi, no gushyigikira amarushanwa yo mu gihugu.
Yanatanga
amahirwe yo kurushaho gutegura amakipe y’igihugu no gukomeza kuzamura urwego
rw’umupira w’amaguru mu Rwanda, mu gihe igihugu gikomeje kwakira amarushanwa
mpuzamahanga no kwagura ishoramari muri siporo.
FIFA ivuga
ko izashinga ikigo gishya cyitwa FIFA Forward Enterprise, kizacunga
uburenganzira bw’itangazamakuru, ubwamamaza, amatike n’indi mitungo y’ubucuruzi
ya FIFA.
Ibi bikaba
bigamije gukurura ishoramari rishya rizongera amafaranga yinjira muri FIFA,
hanyuma igice kinini cyayo kigashyirwa muri gahunda zo guteza imbere umupira
w’amaguru mu bihugu byose bigize uyu muryango.
Nubwo aya
makuru ateye icyizere, iyi gahunda ntiratangira gushyirwa mu bikorwa. Ibanza
kwemezwa n’amashyirahamwe yose agize FIFA mu Nama Rusange idasanzwe.
Niramuka
yemejwe, izatangira gushyirwa mu bikorwa mu cyiciro cya 2027–2030, ikaba
ishobora guhindura ku buryo bugaragara uburyo ibihugu birimo u Rwanda byubaka
kandi biteza imbere umupira w’amaguru.
Ku Rwanda,
inkunga ishobora kugera kuri miliyari 60 Frw yaba amahirwe akomeye yo
kwihutisha iterambere rya ruhago no kongera ubushobozi bwa FERWAFA mu gushyira
mu bikorwa imishinga y’igihe kirekire izagirira akamaro abakinnyi, amakipe
n’abakunzi b’umupira w’amaguru muri rusange.