• Amakuru / POLITIKI


Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Iran ndetse n'ibihugu byo mu Karere k'Ikigobe birimo Arabie Saoudite, Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu (UAE) na Qatar, byamusabye guhagarika igitero yavuze ko cyari kuba "kinini kurusha ibindi byose kuva Intambara ya Kabiri y'Isi Yose."

Mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru ari mu ndege ya Air Force One ku Cyumweru, Trump yavuze ko Amerika yari yiteguye kugaba icyo gitero, ariko iza kugisubika nyuma y'ubusabe bw'abafatanyabikorwa bayo ndetse na Iran mbere y'ibiganiro byari biteganyijwe hagati ya Washington na Tehran.

Trump yavuze ko impamvu nyamukuru yatumye bemera gusubika icyo gitero ari icyizere cy'uko hashobora kugerwaho amasezerano ku mutekano w'ikorwa ry'ubwikorezi mu Muyoboro wa Hormuz no kuri gahunda ya Iran y'ibijyanye n'ibikorwa bya nikileyeri.

Yongeyeho ko Iran ubwayo yasabye ibiganiro, avuga ko abayobozi bayo bagaragaje ubushake bwo kugera ku masezerano ajyanye no kugabanya cyangwa guhagarika gahunda yayo ya nikileyeri.

Trump yahakanye kandi amakuru yavugaga ko Amerika yari igamije kwibasira ibikorwa remezo by'ingufu bya Iran, ashimangira ko icyo gitero cyari cyarasubitswe kugira ngo harebwe niba ibiganiro byatanga umusaruro.

Mu bindi yatangaje, Trump yavuze ko umubano wa Amerika n'u Buyapani ukomeje kuba mwiza, anaseka avuga ku mateka ya Pearl Harbor. Yanze kugira icyo avuga ku makuru avuga ko Amerika iri kuvana ingabo zayo muri Kuwait na Bahrain.

Yanavuze ko ashobora gufatira Canada ibihano, ayishinja ko inkongi z'umuriro zikomeje kwibasira icyo gihugu zigira ingaruka mbi ku ntara zo mu majyaruguru ya Amerika. Perezida wa Minisitiri wa Canada, Mark Carney, aherutse kuvuga ko guhangana n'imihindagurikire y'ikirere ari inshingano z'ibihugu byose, harimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments